• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Amerika yujuje umubare wa Miliyoni eshatu z’abanduye Coronavirus

Umwanditsi
July 9, 2020

Kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Nyakanga 2020, nibwo Leta zunze Ubumwe za Amerika zujuje umubare w’abamaze kwanduka icyorezo cya Coronavirus Miliyoni eshatu. Nicyo gihugu kiza ku mwanya wa mbere ku isi mu kugira umubare munini w’abanduye iki cyorezo.

Kuzuza umubare wa Miliyoni eshatu z’abamaze kwandura iki cyorezo, bije bihurirana n’uko kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Nyakanga 2020 Perezida Donald Trump yateye intambwe ikomeye yo gukura iki gihugu mu ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS/WHO, akabikora mu nyandiko.

Amerika iza ku mwanya wa mbere mu bihugu bifite abantu benshi banduye iki cyorezo, ikagira kandi abarenga ibihumbi 131 bahitanwe n’iki cyorezo.

Perezida Trump, kuri uyu wa gatatu yahamagariye abanyeshuri kuzasubira mu masomo nyuma y’ikiruhuko cyo muki. Ibi yabisabye mu gihe za leta zo mu majyepfo y’iki gihugu zikibangamiwe bikomeye na COVID-19, aho usanga zifite imibare ikiri hejuru kandi igenda yiyongera.

Icyorezo cya COVID-19, nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, kimaze kwandura abantu bashyka muri Miliyoni 12 ku Isi yose, mu gihe abasaga 500 kimaze kubahitana kuva ku muntu wa mbere cyagaragayeho mu gihugu cy’u Bushinwa mu mpera z’umwaka ushize wa 2019.

Bimwe mu bisabwa buri wese mu rwego rwo gukumira no kwirinda iki cyorezo cya Coronavirus, birimo kugira isuku ukaraba amazi meza n’isabune, Gukoresha umuti usukura intoki- Hand Sanitizer, Kwambara Agapfukamunwa hamwe no gusiga intera nibura ya Metero hagati y’umuntu n’undi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga