• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Indege za Pakistani zahagaritswe ku butaka bwa Amerika kubera magendu ikorwa n’Abadereva bazo

Umwanditsi
July 12, 2020

Leta zunze Ubumwe z’Amerika zafashe icyemezo cyo guhagarika ku butaka bwayo ingendo zose z’indege z’Igihugu cya Pakistani- Pakistan International Airlines (PIA). Ni icyemezo gifashwe bitewe n’amaperereza Amerika ivuga ko yakoze igasanga abadereva b’izi ndege bafite ibyangombwa bihimbano/baforoze bibemerera kuzitwara.

Leta ya Amerika, isobanura ko yafashe iki cyemezo nyuma y’amaperereza yerekanye ko kimwe cya gatatu cy’abadereva b’izo ndege bafite ibyangobwa byo gutwara indege bya magendu. Icyemezo cya Amerika kije gikurikira icy’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, wabaye uhagaritse izo ndege mu gihe cy’amezi atandatu.

Igihugu cya Pakistani ntigihakana ko abadereva bacyo batujuje ibisabwa byo gutwara indege: Mu kwezi gushize kwa Gatandatu uyu mwaka wa 2020, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko Minisitiri ushinzwe iby’abinjira n’abasohoka mu gihugu yivugiye ko amaperereza yakozwe na Leta yerekanye ko ku ba Dereva b’indege 860 icyo gihugu gifite, 260 bafite ibyangombwa bya magendu/bihimbano, abafite iby’ukuri nabo bakaba ngo barabibonye babanje kwiba ibibazo bibahesha kwitwa abadereva.

Impanuka ya nyuma y’ikompanyi y’indege PIA yo mu kwezi kwa Gatanu k’uno mwaka wa 2020 yahitanye abagenzi bagera ku ijana. Amaperereza yerekanye ko iyo mpanuka yatewe n’ubumenyi buke buvanze n’ugusamara kw’abadereva bari bayiyoboye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga