• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
18/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene
18/03/26
Kamonyi-Rugalika: Ibintu 5 Polisi yasabye abaturage kubizibukira burundu
18/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho

Indege za Pakistani zahagaritswe ku butaka bwa Amerika kubera magendu ikorwa n’Abadereva bazo

Umwanditsi
July 12, 2020

Leta zunze Ubumwe z’Amerika zafashe icyemezo cyo guhagarika ku butaka bwayo ingendo zose z’indege z’Igihugu cya Pakistani- Pakistan International Airlines (PIA). Ni icyemezo gifashwe bitewe n’amaperereza Amerika ivuga ko yakoze igasanga abadereva b’izi ndege bafite ibyangombwa bihimbano/baforoze bibemerera kuzitwara.

Leta ya Amerika, isobanura ko yafashe iki cyemezo nyuma y’amaperereza yerekanye ko kimwe cya gatatu cy’abadereva b’izo ndege bafite ibyangobwa byo gutwara indege bya magendu. Icyemezo cya Amerika kije gikurikira icy’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, wabaye uhagaritse izo ndege mu gihe cy’amezi atandatu.

Igihugu cya Pakistani ntigihakana ko abadereva bacyo batujuje ibisabwa byo gutwara indege: Mu kwezi gushize kwa Gatandatu uyu mwaka wa 2020, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko Minisitiri ushinzwe iby’abinjira n’abasohoka mu gihugu yivugiye ko amaperereza yakozwe na Leta yerekanye ko ku ba Dereva b’indege 860 icyo gihugu gifite, 260 bafite ibyangombwa bya magendu/bihimbano, abafite iby’ukuri nabo bakaba ngo barabibonye babanje kwiba ibibazo bibahesha kwitwa abadereva.

Impanuka ya nyuma y’ikompanyi y’indege PIA yo mu kwezi kwa Gatanu k’uno mwaka wa 2020 yahitanye abagenzi bagera ku ijana. Amaperereza yerekanye ko iyo mpanuka yatewe n’ubumenyi buke buvanze n’ugusamara kw’abadereva bari bayiyoboye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5937 Posts

Politiki

4186 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1045 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga