• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Leta ya Amerika niba ntagihindutse irica uwakatiwe igihano cy’urupfu

Umwanditsi
July 13, 2020

Bwa mbere mu myaka 17 ishize, uyu munsi kuwa mbere tariki 13 Nyakanga 2020 biteganijwe ko muri leta ya Indiana yo muri Amerika bicisha urushinge uwakatiwe igihano cy’urupfu n’urukiko rwo ku rwego rw’igihugu.

Kuwa gatanu w’icyumweru gishize, umucamanza yari yatambamiye ishyirwa mu bikorwa ry’iki gihano kuri Daniel Lewis Lee wahamwe n’icyaha cyo kwica. Ni nyuma y’uko benewabo ba Lewis bari basabye ko kumwica bitinzwa, bavuga ko bafite ubwoba ko kujya kureba iyicwa rye bishobora kubanduza coronavirus.

Gusa leta yahise ijuririra icyo cyemezo cy’umucamanza, giteshwa agaciro. Urukiko rw’ubujurire rwa Amerika rwavuze ko nta tegeko rya leta cyangwa ibwiriza rivuga ko benewabo w’uwakatiwe urwo gupfa bitabira umuhango wo kumwica.

Benewabo wa Bwana Lewis ariko biteganyijwe ko bajuririra iki cyemezo mu rukiko rw’ikirenga. Bwana Lewis Lee ni umuzungu w’ibitekerezo bishyira hejuru abera (white supremacist) wakoreye iyicarubozo maze akica umuryango w’abantu batatu imibiri yabo akayijugunya mu kiyaga.

Mu 1996, Lewis Lee n’undi mugabo witwa Chevie Kehoe, barezwe kwiba intwaro, kwiba no kwica William Mueller, umugore we Nancy n’umwana wabo Sarah w’imyaka 8.

Mu 1999 Lewis Lee yakatiwe urwo gupfa, naho Chevie Kehoe akatirwa gufungwa burundu.

Uyu yagombaga kuba yarahawe igihano cyo gupfa mu kwezi kwa 12 nyuma yo guhamwa n’icyaha. Ibi byatindijwe n’uko urukiko rwari rwabujije ko ahabwa iki gihano.

Earlene Peterson, umukobwa we, umwuzukuru we n’umukwe we (umugabo w’umukobwa we) bishwe na Lewis Lee, gusa yanze ko uyu mugabo yicwa.

Umwaka ushize yabwiye CNN ati: “Byateza isoni umukobwa wanjye kuba hari umuntu wakwicwa kubera we”. Kwica Lewis ni kimwe mu bihano by’urupfu biteganyijwe guhabwa abantu bane muri uku kwezi kwa karindwi n’ugutaha kwa munani muri Amerika. Ni abagabo bane bahamijwe ibyaha byo kwica abana.

Urwo gupfa ku rwego rw’Igihugu no ku rwego rwa Leta bitaniye he?

Mu bucamanza bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, ibyaha bishobora kuburanishwa n’inkiko zo ku rwego rw’igihugu (federal courts), cyangwa se n’inkiko zo ku rwego rwa za leta.

Ibyaha bimwe na bimwe, nko kwigana idolari cyangwa ubujura bw’ikoranabuhanga, bihita biburanishwa n’inkiko zo ku rwego rw’igihugu, kimwe n’ibyaha byibasira itegekonshinga rya Amerika. Ibindi byaha biburanishwa n’inkiko zo ku nzego za leta bitewe n’uburemere bwabyo.

Mu 1972, icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga cyavanyeho igihano cy’urupfu ku nkiko zose zo muri Amerika. Mu 1976 uru rukiko rw’ikirenga rwongeye gusubizaho igihano cy’urupfu muri leta zimwe.

Mu 1988 guverinoma ya Amerika yatoye itegeko risubizaho igihano cy’urupfu ku nkiko zo ku rwego rw’igihugu.

Imibare ya Death Penalty Information Center ivuga ko kuva mu 1988 kugeza mu 2018 abantu 78 bakatiwe urwo gupfa n’inkiko z’urwego rw’igihugu, ariko batatu aribo bishwe. Hari 68 bafunze bakatiwe iki gihano.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga