• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Leta y’u Bufaransa irimo kwiga uko yasubiza Afurika ibyo yayisahuye

Umwanditsi
July 17, 2020

Igihugu cy’Ubufaransa kirimo kureba uko gishyiraho itegeko rigenewe gusubiza ibintu ndangamuco byasahuwe mu gihe cy’Ubukoloni kuri uyu mugabane wa Afurika. Leta y’Ubufaransa yashyikirije kuri uyu wa 15 Nyakanga 2020 integuro/imbanziriza mushinga  y’itegeko riha ububasha iki gihugu gusubiza bimwe mu bintu ndagamuco cyasahuye ibihugu byo muri Afrika.

Iri tegeko ririmo gutegurwa, rizajya mu nteko ishinga amategeko kugira ngo ryigweho. Muri ibyo bintu ndangamuco byo muri Afurika byasahuwe, harimo inkota ituruka mu gihugu cya Senegal yatijijwe icyo gihugu mu mwaka ushize. Itangazamakuru ry’Ubufaransa ryamenyesheje ko iyo nkota ari ikirwanisho gifite igisobanuro gikomeye mu mateka.

Iyo nkota, yari iy’abakorana na El Hadj Omar Tall, umutegetsi ukomeye w’igisirikare akaba yaranabaye umushakashatsi ukomeye mu byerekeye idini ya kiyislamu mu kinyejana cya 19, aho kandi yayoboye ibihugu bitari bike mu gihe gito.

Ubufaransa kandi bwemeye gusubiza ibintu ndagamuco 26 ingabo zabwo zo mu gihe cya gikoloni zasahuye mu mwaka w’i 1892 mu ngoro y’umwami mu gihugu cya Benin. Ibyo bintu bibitswe mu nyubako ndagamuco, “Musee Branly-Jacques-Chirac” ku murwa mukuru, Paris. Integuro y’itegeko Leta y’Ubufaransa irimo ishyikiriza, nkuko Ijwi rya Amerika ryabitangaje, ishingiye gusa kuri ibyo bintu ndangamuco byo mu bihugu bya Benin na Senegal.

Prezida w’Ubufransa, Emmanuel Macron, yatangaje ubwa mbere gahunda y’ugusubiza ibintu ndangamuco byasahuwe mu gihe cya gikoloni mu mwaka wa 2018. Hari nyuma y’uko itsinda ry’abahanga mu bushakashatsi yashizeho ku byerekeye icyo kibazo bashyikirije icyegeranyo cyabo. Iyo nteguro cyangwa se imbanziriza munshinga y’itegeko rishyashya, igaragaza ko ibyo bintu ndagamuco bizaba byasubijwe mu gihe cy’umwaka nyuma y’uko iryo tegeko rigiyeho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga