• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
31/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
31/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
31/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka

Abapolisi 19 birukanwe mu Burundi bashinjwa Ubujura na Ruswa

Umwanditsi
July 24, 2020

Leta y’u Burundi yatangaje ko abapolisi 19 barimo n’abandi bayobozi babiri birukanywe bashinjwa kurya ruswa no kwiba abanyagihugu. Abirukanwe bakurikiranwe n’ubutabera ku byaha bakekwaho nkuko byatangajwe na Pierre Nkurikiye, umuvugizi wa Minisiteri y’umutekano mu gihugu.

Umukuru w’Igihugu cy’Uburundi, Evariste Ndayishimiye aherutse gutangaza ko mu bintu bya mbere azibandaho ku butegetsi bwe harimo kurwanya ruswa n’abanyereza umutungo wa Leta.

Mu kiganiro yahaye abanyamakuru, kuri uyu wa gatanu tariki 24 Nyakanga 2020, Bwana Nkurikiye yamenyesheje ko ibishyikiye abo bantu ari “ubutumwa ku mupolisi wese, no ku bakozi bose bo muri iyi minisiteri nshya”.

Nkurikiye, amenyesha ko barimo barashakisha n’uwo wese yaba yarakoranye ubwo bugome n’abo bantu kugira ngo na we ahite yirukanwa mu kazi. Bwana Nkurikiye avuga ko uzafatwa mu makosa nk’ayo batazamureka ngo akomeze atukisha urwego rw’igipolisi.

Amenyesha abakozi bo muri iyi Minisiteri ko kuva ubu uzahirahira akarya ruswa cyangwa se akanyereza umutungo w’Igihugu atazihanganirwa. Ati:”Abapolisi bose babyumye ko iki ari igikorwa gitangiye kandi gikomeza . Umupolisi wese azasubira kurya ruswa cyangwa agakora ayandi makosa atandukanye azahita yirukanwa”.

Abanyagihugu/abaturage, basabwa gukorana neza n’inzego bagatanga amakuru ku bapolisi n’abategetsi kugira ngo umuntu wese uzaba ashaka kurya ruswa no kunyereza umutungo wa Leta azahite atabwa muri yombi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5901 Posts

Politiki

4152 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1025 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga