• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
07/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
07/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
07/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws

Perezida Rodrigo Duterte wa Philippines ati” Nta mikino” udupfukamunwa mutumesheshe Esanse

Umwanditsi
July 31, 2020

Perezida Rodrigo Duterte wa Philippines yongeye gusaba abaturage b’iki gihugu kujya basukura udupfukamunwa twabo bakoresheje lisansi (essence) – ashimangira ko ubwo yabivugaga bwa mbere “atarimo akina”.

Perezida Duterte, mu cyumweru gishize nabwo yari yavuze amagambo nk’ayo, ariko abategetsi bahise bihutira kumukosora, bavuga ko byari ugutera urwenya. Abategetsi bo mu rwego rw’ubuzima muri iki gihugu banavuze ko udupfukamunwa dukoze mu bitambaro dukwiye kujya tumeswa nkuko bisanzwe.

Naho utundi ubusanzwe dukoreshwa kwa muganga two tugasimbuzwa buri uko turangije igihe cyo gukoreshwa. Ariko kuri uyu wa gatanu, Perezida Duterte yongeye gusubiramo amagambo ye, avuga ati “ibyo navuze ni ukuri… jya kuri stasiyo ya ‘essence'”.

Nta gihamya ihari yuko ‘essence’ ishobora gusukura udupfukamunwa. Ahubwo gukomeza kugira aho uhurira nayo igihe kirekire bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima kandi no kuyisuka bishobora guteza ibyago by’inkongi y’umuriro.

Bwana Duterte yavuze iki nyirizina?

Akomoza ku magambo yavuze mbere, Perezida Duterte yagize ati: “Abo [banenga] baravuze ngo ‘Duterte ni umusazi’. Ibicucu gusa! Niba ndi umusazi, ni mwe mwari mukwiye kuba perezida, ntabwo ari njye”.

Akomeza ati”Ibyo navuze ni ukuri. Niba nta ‘alcool’ ihari, cyane cyane ku bakene, nimujye kuri stasiyo ya ‘essence’, mukoreshe ‘gas’ [gaz] mu gusukura. Ntabwo ndimo gukina. Ntabwo ndimo gukina. Mwebwe… muragerageza kunyinjirira mu bwonko”.

Ni iki yavuze mu cyumweru gishize?

Perezida Duterte w’imyaka 75 y’amavuko yavuze ko abadafite ibyo gukoresha mu gusukura udupfukamunwa twabo bashobora gukoresha ‘gas’. Yagize ati: “Umunsi nurangira, manika [agapfukamunwa] ahantu runaka ugatere Lysol [ umuti wo gusukuza] niba ufite amikoro yo kuyigura. Ku badafite ubushobozi bwo kuyigura [Lysol], mukinike muri ‘gas’ cyangwa ‘diesel’ [ubwoko bwa ‘petrol’]… shakisha gusa ‘gas’ nke [ubundi] uyirambikemo ikiganza cyawe [kirimo agapfukamunwa]”.

Nyuma y’ayo magambo yo mu cyumweru gishize, umuvugize we Harry Roque yihutiye kumukosora. Icyo gihe, igitangazamakuru Rappler cyo muri icyo gihugu cyasubiyemo amagambo ya Perezida Roque agira ati: “Sinibaza ko nyuma y’imyaka ine ishize ari perezida, mushobora kuba mutaramenya [mutaramumenya]. Ni urwenya [gusa] yateraga. Ni iyihe mpamvu yatuma dukoresha ‘gas’ mu koza?”.

Hagati aho, Maria Rosario Vergeire, umutegetsi wo mu rwego rw’ubuzima muri Philippines, BBC dukesha iyii nkuru itangaza ko yavuze ko udupfukamunwa dukoze mu bitambaro dukwiye kumweswa tukanikwa nkuko bisanzwe.

Madamu Vergeire yongeyeho ko udupfukamunwa ubusanzwe dukunze gukoreshwa kwa muganga (surgical masks) two dukwiye gusimbuzwa utundi buri uko turangije gukoreshwa mu gihe cyagenwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5907 Posts

Politiki

4158 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga