• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Abantu 15 bishwe n’abakekwa kuba abarwanyi ba Boko haram muri Cameroon

Umwanditsi
August 2, 2020

Abakekewaho kuba abarwanyi ba Boko Haram, bishe abantu 15 bakomeretsa batandatu mu gitero cya grenade cyagabwe mu nkambi y’abataye ibyabo mu majyaruguru ya Kameruni kuri uyu wa 02 Kanama 2020. Umwe mu bashinzwe umutekano hamwe n’umutegetsi muri ako karere babibwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters.

Mu masaha ya kare mu gitondo abagizi ba nabi bateye grenade mu bantu bari basinziriye mu nkambi iri mu mudugudu wa Nguetchewe. Byavuzwe na Meya w’intara, Medjeweh Boukar. Yavuze ko iyo nkambi icumbikiye abantu 800.

Uwo mudugudu uherereye mu ntara ya Mozogo, hafi y’umupaka wa Nijeriya mu ntara ya Far North.

Meya Boukar yamenyeshejwe ko abantu 15 bapfuye. Umutegetsi ushinzwe umutekano yemeje iby’icyo gitero ndetse n’umubare w’abitabye Imana. Yavuze ko abakomeretse bajyanywe mu bitaro biri hafi. Yanavuze ko abagabye igitero bageze mu nkambi bari kumwe n’umugore wari utwaye grenade. Yongeyeho ko mu bapfuye harimo abagore n’abana.

Meya Boukar nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, yavuze ko mu kwezi gushize kwa Nyakanga uyu mwaka wa 2020, habaye ibitero 20, by’abakekwaho kuba abarwanyi ba kiyisilamu.

Boko Haram, imaze imyaka icumi irwana, urugomo rumaze gutwara ubuzima bw’abantu 30 000, rukaba rwarakuye mubyabo abandi babarirwa muri za miliyoni. Ni urugomo rwagiye rwambukiranya imipaka, rukagera mu bihugu bituranye na Nijeriya, aribyo Kameruni, Nijeri na Cadi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga