• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
22/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
22/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
22/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Perezida wa Afurika y’Epfo yise “Impyisi” abasahurira muri Covid-19”, abateguza ko agiye kubahagurukira

Umwanditsi
August 3, 2020

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’epfo yaburiye abo yise “impyisi” bungukira mu mafaranga ya Leta agenewe kurwanya icyorezo cya coronavirus, avuga ko bagiye kukabona. Aba barimo abakozi ba Leta, abacuruzi n’undi wese usahurira muri iki cyorezo.

Aya magambo ya Perezida Ramaphosa akubiye mu itangazo asohora buri cyumweru, agenewe abategetsi muri Leta bashinjwa gufata amasoko ya Leta, abacuruzi bahanika ibiciro ku bikoresho byo kwirinda, n’abategetsi bo mu nzego z’ibanze bari kwirundaho inkunga y’ingoboka y’ibiribwa igenewe abatishoboye.

Yagize ati: “Kugerageza kungukira mu makuba ari guhitana ubuzima bw’abaturage bacu buri munsi ni igikorwa cyo gutoragura. Ni nk’itsinda ry’impyisi zizengurutse inyamaswa y’umuhigo yakomeretse. Turi kubona ubujura bukorwa n’abantu na kompanyi batagira umutima-nama”.

Mu cyumweru gishize, umuvugizi wa Perezida Ramaphosa yafashe ikiruhuko nyuma yuko umugabo we avuzweho kugira aho ahuriye n’itangwa ry’amasoko yo mu rwego rw’ubuzima rwo mu ntara ya Gauteng. Uwo mugore n’umugabo we bahakana bavuga ko nta kibi na kimwe bakoze.

Perezida Ramaphosa yasezeranyije ko agiye gufatira ingamba zikomeye abazahamwa no kwiyitirira amafaranga agenewe kurwanya Covid-19. Yagize ati: “Abo bizagaragara ko barenze ku mategeko ngo bikungahaze binyuze muri aya makuba ntabwo ibyo [basahuye] bazabirya mu mahoro, hatitawe ku cyo bari cyo cyangwa uwo baziranye na we”.

Afurika y’epfo ni cyo gihugu cya mbere cyashegeshwe na Covid-19 kurusha ibindi bihugu byo muri Afurika. Kugeza ubu nkuko BBC ibitangaza, abanduye coronavirus muri icyo gihugu barenga 500,000, muri bo abarenga 8,000 imaze kubica nkuko imibare ya Kaminuza ya Johns Hopkins yo muri Amerika ibigaragaza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga