• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/08/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
27/08/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira
27/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”
27/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere

Ifoto y’umwana ufite umuneke yegamiye imodoka yagereranijwe n’imibonano mpuzabitsina, iteza ikibazo

Umwanditsi
August 4, 2020

Uruganda rukora imodoka rwo mu Budage rwasabye imbabazi kubera ifoto yamamaza yerekana umwana ari kurya umuneke ari imbere y’imodoka igezweho, ifoto yatumye benshi kuri Twitter banenga uru ruganda.

Mu butumwa busaba imbabazi, Audi yanditse iti: “Turabumva kandi reka dushimangire ibi: Twita ku bana. “Turasaba imbabazi dukomeje kuri iyi foto idafite igisobanuro kandi twizeza ko ibi bitazongera mu gihe kizaza”.

Benshi bari bavuze ko ifoto y’uyu mwana ishyira ubuzima mu kaga.

Abandi bavuze ko ifite icyo ivuze mu mibonano mpuzabitsina, kuko umuneke n’imodoka za siporo bikunze gukoreshwa nk’ibiranga ubushake bukabije bw’abagabo muri icyo gikorwa.

Iyi foto, Audi yayishyizeho amagambo asobanuye ngo: “Reka umutima wawe utere vuba, muri byose.”

Uru ruganda nkuko BBC ibitangaza, ruravuga ko ruri gukora iperereza ku buryo iyi foto yaje gutangazwa. Gusa ntabwo yavanywe ku rubuga rwabo rwa Twitter.

Mu kwezi kwa gatanu, uruganda rutura rw’imodoka Volkswagen, ari narwo nyiri Audi, rwaneguwe mu buryo nk’ubu ku mbuga nkoranyambaga kubera kwamamaza. Rwari rwatangaje amashusho yamamaza arimo umugabo w’umwirabura uri gukorakorwa n’intoki z’abagore b’abazungukazi, mbere y’uko bamuhirika bamuvana iruhande rw’imodoka ya VW Golf.

Iyi modoka ya Audi RS4 uru ruganda ruyita imodoka y’umuryango, ruvuga ko ariyo mpamvu hakoreshejwe ifoto iriho umwana arya umuneke. Nubwo kuri Twitter hari abari abagaragaje ko iyi foto ntacyo itwaye, imbaraga z’abatayishimye zabaye nyinshi bituma uru ruganda rusaba imbabazi.

Munyaneza Theogene/ intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5851 Posts

Politiki

4102 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga