• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/09/25
Kamonyi-Musambira: Imihigo duhiga ikora k’Ubuzima bw’Abaturage, dusabwa kujyanamo-Gitifu Nyirandayisabye Christine
03/09/25
Kamonyi-Rukoma: Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 yishe mugenzi we wUmuhungu amuteye icyuma
03/09/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Ukekwaho ubugizi bwa nabi yarashwe arapfa
03/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira

Kamonyi: Guverineri Kayitesi ati“ Dutegereje ko uruganda rw’ikigage rukoreshwa icyo rwashyiriweho”

Umwanditsi
August 4, 2020

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice, kuri uyu wa 04 Kanama 2020 yasuye uruganda rw’Ikigage-SPIC rwubatse mu Murenge wa Runda, akarere ka Kamonyi, rukaba ruhuriweho n’uturere 8 tugize iyi Ntara. Avuga ko nubwo rwatinze gutangira gukora, aho imirimo igeze ngo haratanga icyizere cya vuba mu gukora icyo rwashyiriweho.

Mu rugendo rwa Guverineri Kayitesi mu karere ka Kamonyi, ari narwo rwa mbere ahagiriye kuva yahabwa inkoni y’ubutware, mu bikorwa yasuye harimo n’uru ruganda rw’Ikigage-SPIC rutegerejwe igihe kuko ubuyobozi bwarwo bwari bwijeje abanyakamonyi n’abandi muri rusange bategereje ikigage ruzakora ko mu kwa kane k’uyu mwaka wa 2020 rwagombaga gusohora ikigage cya mbere ku isoko.

Ntirenganya Alphonse, ukurikirana imirimo y’uru ruganda kugeza rutangiye gukora, yabwiye intyoza.com ko imirimo yo gutangira itabashije gukundira igihe bitewe n’icyorezo cya Coronavirus cyatumye ingendo hirya no hino zihagarara, bikagira ingaruka ku bikoresho byagombaga kuva hanze.

Ntirenganya asobanurira Guverineri Kayitesi byinshi kuri uru ruganda rw’ikigage-SPIC.

Avuga ko ibyo bikoresho nubwo byari bike, ariko ngo nibyo byari bikenewe ngo rutangire imirimo. Gusa na none ngo nyuma yo gufungura ingendo hari bimwe bamaze kwakira ndetse byageze mu ruganda, ibindi nabyo ngo biri mu nzira ku buryo bizeye ko bihagera vuba, bityo mu gihe kitarenga amezi abiri cyangwa se kitanagera bagatangira.

Nyuma yo gusura no kwibonera imashini n’ibindi bikoresho byageze mu ruganda, nyuma kandi yo gusobanurirwa byinshi ku mirimo irimo gukorwa n’ibisigaye, Guverineri Kayitesi avuga ko yijejwe ko ikigage cya mbere kiragera ku isoko ukwezi kwa cyenda kutararangira. Ariko kandi akagira ati“ Twanejejwe n’aho bigeze, dutegereje ko uruganda nyine rutangira rugakora icyo rwashyiriweho”.

Amwe mu macupa azashyirwamo ikigage.

Kuba abaturage bahinga amasaka bakundaga kugirana ikibazo n’ubuyobozi kuko kenshi ibyo bengaga byashidikanywaga mu buziranenge bwabyo, Guverineri Kayitesi avuga ko uru ruganda ruje gukemura byinshi ariko kandi ngo; inyungu ikomeye kandi ya mbere y’uru ruganda ikaba iri ku muturage uzabona ibyo kunywa byizewe kandi byujuje ubuziranenge. Avuga kandi ko abaturage b’abahinzi b’amasaka ndetse n’ibigori bazabona isoko ry’umusaruro bejeje kuko uzakenerwa ari mwinshi, ariko kandi bakaba bazanabona akazi bakarushaho kwiteza imbere.

Utugunguru tuzashyirwamo ikigage, ushaka kukagura akagatwara ariko cyashira akakagarura. Hasi hapfumuye hazajya robine y’aho kinyuzwa.
Bimwe mubikoresho biri mu ruganda.

Ahanyura imifuniko y’amacupa ashyirwamo ikigage.
Abayobozi nyuma yo gusura uruganda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5856 Posts

Politiki

4107 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga