• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
19/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
19/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
19/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Kamonyi: Imvugo ya Minisitiri w’uburezi ku bikoresho by’iyubakwa ry’amashuri yabaye impamo

Umwanditsi
August 5, 2020

Dr Uwamariya Valentine, Minisitiri w’uburezi mu Rwanda ubwo kuwa 22 Nyakanga 2020 yari mu ruzinduko rw’akazi mu karere ka Kamonyi, yasuye iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri agezwaho ikibazo cy’itinda ry’ibikoresho bitangwa na Minisiteri ayoboye. Mu gusubiza kuri izi mbogamizi, yavuze ko bitarenze ibyumweru 2 ibikoresho biraba byaje, none imvugo ye yabaye impamo.

Mu gukurikirana niba koko ibyo Minisitiri yijeje akarere ko nta byumweru bibiri bishira batabonye ibikoresho, ikinyamakuru intyoza.com cyagiye ahashyikira ibikoresho (Stock) bigenewe iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri mu karere kose, dusanga amakamyo guhera mu mpera z’icyumweru gishize ndetse n’intangiriro z’iki arimo gupakururwa.

Imodoka zirapakurura izindi zipakirwa.

Kayijuka Diogene, umuyobozi w’ishami ry’uburezi mu karere ka Kamonyi ubwo yabazwaga n’umunyamakuru niba hari ikibazo bagifite ku bikoresho byo kubaka ibyumba by’amashuri yasubije ati“ Birimo biza buhoro buhoro”. Akomeza avuga ko nubwo ibikoresho byaje, ariko ko hari ubwo haza ibikwiye kuza mu kuzamura inkuta ibya fondasiyo bidahari.

Aha hari mu ijoro ryo kuri uyu wa 04 Kanama 2020, ikamyo igejeje Sima i Rukoma iyivanye Rusizi nkuko bamwe mu bashoferi babwiye umunyamakuru.

Ugeze mu Murenge wa Rukoma ahari ububiko bw’ibikoresho byose bigomba kubaka ibyumba by’amashuri, uhasanga imodoka zo mu bwoko bwa Fuso zibisikana mu gupakira ibikoresho bijyanwa kuri site hirya no hino mu mirenge .

Mu bubikoko( Stock) i Rukoma.

Minisitiri Uwamariya Valentine ubwo aheruka i Kamonyi ari kumwe n’abayobozi b’Akarere n’abashinzwe uburezi.

Soma hano inkuru bijyanye: Kamonyi: Minisiteri y’Uburezi yatindije ibikoresho byo kubaka ibyumba by’amashuri
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga