• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
02/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
02/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
02/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse

Kamonyi: Umuhanda ukwiye kuza ari igisubizo ku muturage aho kuba ikibazo-Guverineri Kayitesi

Umwanditsi
August 7, 2020

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice ubwo mu ntangiriro z’iki cyumweru yasuraga imihanda ya Kaburimbo irimo kubakwa mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, umuhanda uva Bishenyi ugana kubitaro by’Amaso(Muganza), n’undi uva Ruyenzi werekeza Gihara, yibukije abapatanye gukora iyi mihanda ko bakwiye kuyitunganya mu buryo iza ari igisubizo ku baturage aho kubabera ikibazo.

Guverineri Kayitesi, asubiza ku mpungenge z’abibaza ko igihe imvura yaguye ishobora kwangiriza abaturage bitewe nuko kenshi ibi bice bikunda kwibasirwa n’amazi amanuka mu misozi akangiza imyaka y’abaturage n’ibindi bikorwa, yavuze ko iyi mihanda irimo gukorwa mu buryo izagenerwa utuyira tw’amazi ku buryo nta muturage byagateye ikibazo.

Madame Kayitesi, avuga ko imihanda iba ije ari igisubizo ku baturage, ko rero nta mpamvu y’uko umuturage yisanga yatewe ikibazo n’umuhanda aho kuza ari igisubizo kuri we. Ati” Ntabwo hakwiriye gukorwa imihanda ngo ibere abaturage ikibazo aho kugira ngo ibabere igisubizo”.

Avuga ko ibibazo byagaragaye mu ikorwa ry’iyi mihanda, ahanini ari ibijyanye n’imirimo y’inyongera imwe n’imwe ariko ngo nabyo nta rirarenga kuko bitarenze ubushobozi bw’Akarere . Avuga ko impande bireba hamwe n’ubuyobozi bw’akarere barimo kubikoraho.

Iyi muhanda irimo gukorwa, uva Bishenyi werekeza ku bitaro by’amaso ni uwo Perezida Kagame yemeye. Abarimo kuwukora bahamya ko hatagize igihinduka mu kwezi kwa cyenda-Nzeri uzaba ugejejwemo kaburimbo.

Mu muhanda Ruyenzi-Gihara. Abayobozi baganiraga na Giverineri.

Umuhanda wa Kabiri, ni uwa Ruyenzi-Gihara ukorwa n’Akarere, uyu abawukora babwiye Guverineri Kayitesi ko iminsi mikuru isoza umwaka wa 2020 bazaba baragejejemo kaburimbo.

Iyi mihanda uko ari ibiri, niyuzura ikajyamo Kaburimbo niyo ya mbere izaba ishamikiye ku muhanda munini wa kaburimbo usanzwe unyura muri aka karere ugana mu bice by’Amajyepfo, Uburengerazuba n’Amajyaruguru.

Ku muhanda w’Akarere, nubwo ibibazo biri mu nzira nziza, ariko habanje kubaho kuruhanya kwa bamwe mu baturage banze korohera ubuyobozi kuko mbere mu nama yari yabahuje bari bemeye kugira ubutaka bigomwa umuhanda ugakorwa, ariko bamwe bigeze mu ikorwa ry’umuhanda baza kuruhanya, ariko ubuyobozi buvuga ko nta kibazo kigihari.

Rwiyemezamirimo ukora umuhanda Ruyenzi Gihara, ahamya ko iminsi mikuru y’umwaka izagera Kaburimbo irimo.
Aha ni mu Muhanda hafi y’ivuriro ry’amaso.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5903 Posts

Politiki

4154 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga