• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
21/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
21/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
21/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Imfungwa za Al-Shabab muri Somalia zarasanye n’abazirinda bamwe bahasiga ubuzima

Umwanditsi
August 11, 2020

Abantu bagera ku 10 bishwe muri Somalia mu kurasana kwabaye hagati y’intagondwa zifunze zo mu mutwe wa al-Shabab n’abashinzwe umutekano, nkuko bivugwa n’umuvugizi wa leta Ismail Mukhtar.

Izo ntagondwa zo mu mutwe wa al-Shabab zari zagerageje gutoroka gereza irinzwe bikomeye yo mu murwa mukuru Mogadishu. Hatangiye iperereza ku kuntu izi ntagondwa zifunze zashoboye kubona intwaro.

Hari amakuru amwe avuga ko imfungwa imwe yashoboye kwambura intwaro umurinzi wa gereza, nuko nyuma itsinda ry’imfungwa ryirara mu bubiko bw’intwaro.

Umunyamukuru wa BBC Bella Sheegow uri i Mogadishu avuga ko uko kurasana kwabaye ejo ku wa mbere kwateye ikimwaro cyinshi Leta ya Somalia, cyane ko iyo gereza ya kabiri mu bunini mu gihugu irinzwe n’ingabo zo mu mutwe kabuhariwe.

Icyo gitero cyasubijwe inyuma hamaze kwitabazwa abandi bashinzwe umutekano bo kunganira abasanzwe barinda iyo gereza.

“Ubutegetsi buvuga ko nta mfungwa zatorotse”

Abafatwa nka ruharwa bo muri al-Shabab ni bo bafungirwa muri iyo gereza, barimo n’abamaze gukatirwa igihano cyo gufungwa burundu cyangwa abategereje guhabwa igihano cy’urupfu bakatiwe n’inkiko.

Mu mwaka wa 2017, imfungwa nabwo zari zagerageje gutoroka iyi gereza, ndetse leta yari isanzwe iri kotswa igitutu cyo kurinda ko uko kugerageza gutoroka kongera kubaho, nkuko umunyamakuru wacu Bella uri i Mogadishu akomeza abivuga.

Hassan Hussein Haji, Minisitiri w’ubutabera w’agateganyo wa Somalia, yagize ati: “Nta kintu na kimwe tuzasiga inyuma. Leta iri gukora iperereza ku kuntu ibi byashoboye kuba n’uwabigizemo uruhare ndetse n’uwafashije imfungwa kubona intwaro”.

Bwana Mukhtar, wa muvugizi wa Leta ya Somalia, yavuze ko nta mfungwa zatorotse. Yavuze ko intagondwa enye ziciwe muri uko kurasana. Ntabwo yatanze amakuru arenzeho ajyanye n’abandi batandatu bishwe, usibye kuvuga ko hari n’abapfuye bo mu barinzi ba gereza.

Al-Shabab, nkuko BBC ikomeza ibitangaza, ikorana n’umutwe wa al-Qaeda, imaze imyaka irenga icumi ibiyogoza muri Somalia. Yatsinzwe i Mogadishu n’ingabo za leta ya Somalia zifatanyije n’ingabo z’ibihugu bimwe birimo n’u Burundi zoherejwe n’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika kubungabungayo amahoro. Ariko muri uwo mujyi izi ntagondwa ziracyahagaba ibitero-shuma (bya hato na hato) by’ibisasu ndetse no kwica abantu bamwe na bamwe mu buryo bwagambiriwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga