• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Abahinzi bakwiye kumva ko guca imirwanyasuri no kuyifata neza biri mu nshingano zabo-Horeco

Umwanditsi
August 20, 2020

Abahinzi bahinga mu gishanga cya Ruvungirana gihuza akarere ka Huye n’aka Gisagara baravuga ko igikorwa cyo guca imirwanyasuri mu turere twabo bakibonamo igisubizo ku gihombo bagiraga iyo imvura nyinshi yagwaga, amazi agaturuka ku misozi igikikijae akangiza umusaruro wabo bityo bikabasubiza inyuma mu iterambere.

Iki gikorwa cyo guca imirwanyasuri cyatangijwe n’itsinda ry’ urubyiruko rw’abagronome bahuguriwe muri Israheli ku bijyanye n’ubuhinzi (Horeco). Ni mu bukangurambaga bwo kurwanya isuri nyuma yo kubona ko ubutaka bwinshi butwarwa n’amazi y’imvura bigateza igihugu igihombo kinini.

Abahinzi bo muri iki gishanga bibumbiye muri koperative “Tuzamurane Ruvungirana” bavuga ko mu bihe byashize, isuri yabahombeje byinshi, umusaruro wabo ukahangirikira.

Mukatabaro Florence umwe muri abo bahinzi yagize ati:” umuvu wamanutse hejuru ku musozi umanura ibitaka byose byirunda mu mirima, imiyoboro yose iraziba. Ubu aho nasaruraga ibiro 80 mpakura hagati ya 20-50, urumva ko bidusubiza inyuma.” aba bahinzi bakomeza bavuga ko iyi mirwanyasuri ije nk’igisubizo, ko bazakomeza kuyitaho.

Umuyobozi mukuru wa Horeco, Ndayizigiye Emmanuel avuga ko ubu bukangurambaga bwo kurwanya isuri babutangije nyuma yo kubona ko ubutaka bugenda bwangirika cyane mu gihe cy’imvura ,ibi ngo bikaba bizatuma amazi amanuka ku misozi acika intege ibishanga ntibyangirike.

Yagize ati “Ubu bukangurambaga buzakomeza mu turere twose kugira ngo iki kibazo cyo kwangirika k’ubutaka gicike. Ikindi kandi turasaba abaturage gukomeza kuyitaho bayisibura no mu gihe bahinga bakumva ko ari inshingano zabo”. Ndayizigiye yakomeje avuga ko bifuza ko hazashyirwaho agronome wa Horeco muri buri karere kugira ngo akurikirane imirwanyasuri.

Umuyobozi mukuru muri Ministere y’ubuhinzi n’ubworozi(MINAGRI)Yasine Iyamuremye avuga ko bari gushyira imbaraga mu kurwanya isuri cyane ko hagiye kuza igihe cy’imvura kuko ngo iyo isuri itarwanyijwe itwara ibitunga igihingwa bigateza igihombo umuhinzi n’igihugu muri rusange.

Yagize ati:”Kimwe mu bisubizo byatuma umuhinzi atikorera amaboko nyuma yo guhinga; ni uguca imirwanyasuri. Ushaka kurokora imyaka ye ace imirwanyasuri.”

Igishanga cya Ruvungirana gifite ubuso bwa ha 75. Ubuso bw’ibishanga bwangiritse mu karere ka Huye ni ha 32 naho mu karere ka Gisagara, Ibishanga 9 ni byo byangijwe n’ibiza, agaciro k’ibyangijwe gasaga miliyoni 134.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga