• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/08/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
27/08/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira
27/08/25
Kamonyi: Barashimira Perezida Kagame wabasubije Ubuzima akabaha izina rishya”INTWAZA”
27/08/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Kwesa Imihigo 98 n’indi yihariye byabaheshe guhiga indi mirenge y’Akarere

Kamonyi: Guverineri Kayitesi yasabye ubufatanye mu kubaka ibyumba by’amashuri

Umwanditsi
August 25, 2020

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice asaba inzego z’ubuyobozi, abapatanye kubaka ibyumba by’amashuri mu karere ka Kamonyi n’abandi bireba ko bakwiye gukorera hamwe bakihutisha imirimo y’iyubakwa by’ibi byumba mu gihe nibura kitarenga kuwa 15 Nzeri 2020.

Mu ruzinduko rw’akazi Guverineri Kayitesi aherukamo mu Karere ka Kamonyi mu murenge wa Runda mu mpera z’icyumweru gishize, aho yasuye hamwe mu hubakwa ibyumba by’amashuri, yasabye ko iyubakwa ry’ibi byumba rikwiye kwihutishwa, buri wese bireba agakora ibyo asabwa nibura tariki 15 Nzeri 2020 bakaba bataha aya mashuri.

Aha ni kuri site imwe iherereye mu kagari ka Ruyenzi ho mu Murenge wa Runda.

Guverineri Kayitesi, yibukije inzego zirebwa n’iyubakwa ry’ibi byumba ndetse n’abo bafatanya umunsi ku wundi ko uretse gushyira imbaraga mu iyubakwa ry’ibi byumba, bakwiye kwita ku micungire n’imikoreshereze y’ibikoresho kugira ngo hatagira ahazumvikana ko hari ikibwe cyangwa se uwagize uruhare uru n’uru mu kubura kw’ibikoresho byagenewe iyubakwa ry’amashuri.

Mu kubaka amashuri si abagabo gusa kuko n’abagore b’abafundi barahari.

Akarere ka Kamonyi gafite ibyumba by’amashuri bisaga 600 bigomba kubakwa hirya no hino mu mirenge, birimo ibyubakwa ku ngengo y’imari ya Leta ndetse n’ibyubakwa ku nkunga ya Banki y’Isi. Mu gihe abo bireba basabwa gushyira imbaraga mu kubaka ibi byumba ndetse bagasabwa kuba babyujuje ku matariki ya 15 Nzeri 2020, hamwe bigeze kure ariko kandi hari n’aho bataratangira na Fondasiyo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5851 Posts

Politiki

4102 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

81 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga