• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
21/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
21/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
21/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Impunzi za mbere z’abarundi zuriye imodoka zirataha, mu batashye nta na 1/3 cy’ababisabye

Umwanditsi
August 27, 2020

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 27 Kanama 2020, nibwo impunzi za mbere 471 z’abarundi zuriye imodoka zisubira iwabo nyuma y’imyaka 5 zari zimaze mu Rwanda. Abari basabye gutahuka ni 1800, ariko igihugu cyabo kikaba cyaratangaje ko gifite ubushobozi bwo kwakira ku ikubitiro abantu 500.

Mu itangazo Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi yanyujije kuri Twitter kuri uyu wa kane, ivuga ko muri iki gitondo yatangiye igikorwa cya mbere cyo gucyura impunzi hafi magana atanu zifuje gusubira mu gihugu cyazo ku bushake.

Iyi Minisiteri, ivuga ko iki gikorwa kirimo gukorwa ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda, iy’u Burundi ndetse n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi-UNHCR. Ivuga kandi ko imibare itangazwa na UNHCR y’abiyandikishije gutahuka ku bushake bwabo ari abantu 1800.

Iki gikorwa, kibaye nyuma y’igihe havugwa byinshi hagati y’u Rwanda ndetse n’u Burundi, aho hagiye hazamuka umwuka utari mwiza, u Burundi bushinja u Rwanda gufata bugwate izi mpunzi ariko u Rwanda rukabitera utwatsi.

U Rwanda rutangaza kandi ko na nyuma y’iki gikorwa cya mbere cyo gucyura izi mpunzi zabaga mu nkambi ya Mahama, aho zanyujijwe ku mupaka wa Nemba uherereye mu karere ka Bugesera, ruzakomeza gufasha gutahuka abandi bose bazaba babyifuza.

Mu nkambi ya Mahama, iherereye mu karere ka Kirehe ho mu Ntara y’Uburasirazuba, habarurwa impunzi zigera ku bihumbi 72 z’abarundi zagiye zihagera kuva mu mwaka wa 2015, aho zaje zihunga ibibazo bya Politiki byadutse nyuma y’imvururo zakuruwe n’abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nyakwigendera Petero Nkurunziza wayoboraga iki gihugu nyuma akitaba Imana.

Aha ni muri iki gitondo imodoka ziva Mahama zicyuye impunzi.

Leta y’u Rwanda, itangaza ko kuva mu mwaka wa 2015 kugera mu kwezi kwa Gatatu k’uyu mwaka wa 2020 ubwo hafungwaga imipaka bitewe n’icyorezo cya Coronavirus, abarundi 5,922 ngo baratashye mu gihugu cyabo.

Photo/Twitter ya Minisiteri

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga