• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
21/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
21/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
21/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Kamonyi: Abaturage barinubira Imikorere mibi y’ikigo nderabuzima cya Musambira

Umwanditsi
August 29, 2020

Bamwe mu baturage bagana ikigo nderabuzima cya Musambira, baravuga ko barambiwe Serivise mbi z’iki kigo kugeza n’ubwo hari abahitamo kugana ahandi kubwo kubura, gutinzwa cyangwa kwimwa Serivise n’abakagombye kuyibaha.

Iyi mikorere mibi na Serivise bidahabwa abagana iki kigo nderabuzima, byahagurukije ikinyamakuru intyoza.com kuri uyu wa 29 Kanama 2020 kijya kuganira n’abaturage bagana iki kigo ndetse na bamwe mu bagituriye.

Intero benshi mubaganiriye n’umunyamakuru bahurizaho ni ukutishimira Serivise z’iki kigo. Bakavuga ko umurwayi uhagana ashobora kugenda akicara agategereza akabura umwakira cyangwa se banamwakira agategereza uri bumusuzume igihe kirekire ku buryo hari n’abahitamo kujya gushaka Serivise muri Muhanga cyangwa se ku kigo Nderabuzima cya Nyagihamba kiri mu Murenge wa Nyarubaka nkuko bamwe muri aba baturage babivuga.

Muri uku gutambagira dushaka amakuru, ahagana ku i saa kumi n’imwe n’igice twahuye n’umurwayi wari wakoze impanuka aje kuhivuriza ariko dukubitana yurizwa Moto avuga ko yari ahamaze igihe kirenga isaha yose kandi amerewe nabi, nta muntu wo kumwitaho nubwo ngo akihagera yakiriwe ariko agaheruka ibyo.

Umubyeyi w’uyu wakoze iyi mpanuka wari wahurujwe ngo azane irangamuntu y’umukuru w’umuryango, yabwiye umunyamakuru ko n’ubusanzwe iyo aza kuba ariwe uri kumwe n’umwana we aba yamujyanye ahandi kuko asanzwe azi imikorere mibi na serivise mbi biharangwa.

Umuturage nawe tutari butangaze amazina ye utuye hafi y’iki kigo ariko akaba ari nawe warwanye kuri uyu wakoze impanuka kuko iba yari hafi, avuga ko mu busanzwe nta serivise nziza bajya bitega kuri iki kigo, ko abenshi bahitamo kwigira ahandi.

Kimwe n’abandi baturage bamwe twaganiriye, basaba ko ubuyobozi bwareba uko buhwitura abakozi b’iki kigo nderabuzima ku mikorere itanoze na Serivise mbi baha ababagana kuko bavuga ko ari ikibazo kimaze igihe.

Tuyizere Thaddee, umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko iki kibazo atari akizi, ko bagiye gukurikirana ibivugwa n’abaturage basanga bifite ishingiro bakamenya uko bafatikanya kubikemura.

Umwe mu bakozi kuri iki kigo nderabuzima yabwiye umunyamakuru ko koko uyu murwayi waje yakoze impanuka yari amaze akanya, ko yigeze kubona yakirwa ariko kuba atasuzumwe akamara uwo mwanya ategereje nyuma agafata icyemezo cyo kugenda nta kundi yari kubigenza kuko atari kumugarura kandi abaganga bari bazi neza ko ahari.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga