• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Urukingo rwa Coronavirus ruratangira gutangwa mu kwezi kwa 11 muri Amerika

Umwanditsi
September 6, 2020

Ikigo cya Leta zunze ubumwe z’Amerika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara kiremeza ko cyatangarije abakozi bo mu by’ubuvuzi muri za Leta 50 zose z’Amerika no mu mijyi minini ko bakwiriye kwitegura gutanga urukingo rwa virusi ya corona taliki ya mbere y’ukwa 11 uyu mwaka wa 2020.

Uru rukingo, ruzatangira guhabwa abaturage ba Amerika mu gihe hazaba hasigaye iminsi ibiri ngo iki Gihugu cyinjire mu matora y’umukuru w’igihugu. Umuyobozi mukuru w’icyo kigo Dr. Robert Redfield ni we woherereje urwandiko ruvuga kuri ayo makuru ku bakozi bose bo mu bitaro bya Leta muri Amerika no mu mijyi ya New York, Chicago, Philadelphia, Houston na San Antonio.

Abakora mu by’ubuvuzi, abashinzwe umutekano, n’abandi bakozi b’ingenzi ni bo bazabimburira abandi mu guhabwa urwo rukingo nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The New York Times cyandikirwa muri Amerika.

Umuyobozi w’ikigo cy’Amerika gishinzwe kurwanya indwara zandura yari aherutse kuvuga ko yizeye ko mbere y’uko uyu mwaka urangira hazaba habonetse urukingo rukora kandi rwizewe rw’icyorezo cya Covid 19.

Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, ritangaza ko abandi bakozi bo mu by’ubuvuzi bagaragaje impungenge ko kwihutisha urwo rukingo bitaremezwa ku buryo budasubirwaho bishobora gutera ibibazo bikanatuma abantu batinya kurwitabira.

Abandi baravuga ko gutangira kurukwirakwiza nonaha bishobora guca intege ubundi bushakashatsi bumaze igihe butangiye kandi bushobora gutanga izindi nkingo z’iki cyorezo zishobora no kuba nziza kuruta urwabanje.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga