• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/08/26
Kamonyi-Bwirabo: Ruhurura yashyiraga ubuzima bw’abaturage mu kaga irimo kubakwa
21/08/26
Kamonyi-Nyamiyaga: Umusore w’imyaka 21 y’amavuko yasanzwe amanitse mu giti cya Avoka
21/08/26
Uzagaragara wese ko yagize uruhare muri ibi bintu nta kizatuma adakurikiranwa-Dr Murangira B. Thierry/RIB
21/08/26
Ibikorwa byo gushaka no gukura ku isoko izi nzoga z’ibyuma ntabwo bizahagarara-ACP Boniface Rutikanga

Muhanga: Kuki hitiriwe kwa Papa ari mu Rwanda? Tariki ya 8 Nzeri 1990, Itariki y’amateka!

Umwanditsi
September 8, 2020

Tariki ya 7 Nzeli 1990 ni itariki itazibagirana mu mateka y’u Rwanda imyaka 30 irashize Papa Yohani Pawulo wa II avuye mu Rwanda. Ni igihe kitari cyiza aho hamwe havugwaga amapfa n’inzara, byari byugarije ibice bimwe na bimwe by’igihugu.

Ni wo munsi yaturiyeho igitambo cya misa muri Katederali yitiriwe Mutagatifu Mikayile i Kigali, aha umugisha abari bahari n’umujyi wa Kigali muri rusange anezezwa no kubona urugwiro yakiranywe n’Abanyakigali bari bamutegereje ku mihanda kuva ku kibuga cy’indege naho yanyuraga hose.

Kuri uwo munsi kandi yahuye n’uwari Perezida w’u Rwanda, Juvénal Habyarimana muri « Village Urugwiro » ndetse n’abandi bayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, abaha ubutumwa bwibandaga ku gukemura ibibazo ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere byari birimo.

Tariki ya 8 Nzeri uwo mwaka, nibwo yageraga Mu karere ka Muhanga mu murenge wa Shyogwe i Mbare hari ikigo cyita ku bana b’imfubyi cyitwa “Cité Nazareth”. Abahagenda n’abahaturiye bavuga ko ari kwa Papa, kuko hari ibikorwa byahashyizwe ku cyifuzo cye.

Icyo kigo cyashinzwe ku cyifuzo cya Papa Yohani Paulo II, mu rwego rwo gufasha imfubyi. Ni ikigo kiri kuri hegitari 14 zatanzwe na diyosezi ya Kabgayi. Kiri aho Papa Yohani Paulo II yasomeye misa, anatanga isakaramentu ry’ubusaseridoti.

Hari byinshi byagarutsweho muri uru ruzinduko udushya n’ibishidikanywaho
Papa Yohani Pawulo wa II Ngo yanze uburinzi bwihariye bw’ingabo z’u Rwanda (FAR) na kajugujugu yagomba kumuvana i Kigali imujyana i Mbare yihitiramo kugenda n’imodoka anatembera areba igihugu cy’imisozi igihumbi yumva n’amahumbezi yo mu muhindo wari utangiye.

Tariki ya 9 Nzeli 1990 ni italiki yagombaga gusoza uruzinduko rwe mu rw’imisozi igihumbi, nkuko byari bisanzwe bikorwa niyo yabaga ari i Vatican imbere y’imbaga y’abaza mu rugendo nyobokamana, Papa Yohani Pawulo wa II yavugiye isengesho rya saa sita rizwi nka Angelus i Nyandungu.

Papa Yohani Pawulo wa II yapfuye tariki ya kabiri Mata mu mwaka 2005, yagizwe umutagatifu na Papa Francis tariki ya 27 Mata 2014.

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6017 Posts

Politiki

4263 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1071 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga