• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/01/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
05/01/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
05/01/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
05/01/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Perezida Xi yashimiye Suga nyuma yo gutorerwa kuba Minisitiri w’intebe w’Ubuyapani

Umwanditsi
September 17, 2020

Kuri uyu wa gatatu, Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping yoherereje Yoshihide Suga ubutumwa bw’ishimwe ku itorwa rye rya minisitiri w’intebe w’Ubuyapani. Mu butumwa bwe, Xi yerekanye ko Ubushinwa n’Ubuyapani ari abaturanyi b’inshuti, kandi ko ari ibihugu by’ingenzi muri Aziya ndetse no ku isi.

Xi yavuze ko guteza imbere umubano w’Ubushinwa n’Ubuyapani bigaragaza umutekano urambye n’ubufatanye bw’ubucuti bidakorera inyungu z’ibanze z’ibihugu byombi gusa, ahubwo binagira uruhare mu mahoro, umutekano n’iterambere muri Aziya ndetse no ku isi.

Yasabye ko impande zombi zubahiriza amahame yashyizweho mu nyandiko enye za politiki hagati y’Ubushinwa n’Ubuyapani ndetse n’amasezerano agenga amahame ane, kandi agateza imbere kubaka umubano w’ibihugu byombi uhuza n’ibikenewe mu gihe gishya, bityo nko guha inyungu ibihugu byombi n’abaturage babyo no gutanga umusanzu mwiza mu kubungabunga amahoro ku isi no guteza imbere iterambere rusange.

Kuri uyu munsi, Minisitiri w’Ubushinwa Li Keqiang na we yashimye Suga kuba yaratorewe kuba minisitiri w’intebe w’Ubuyapani.

Li mu butumwa bw’ishimwe yavuze ko Ubushinwa bwiteguye gukorana n’Ubuyapani mu gushimangira ubufatanye bwa gicuti n’ubufatanye bufatika mu nzego zose, kandi bugahuriza hamwe iterambere rishya kandi rinini mu mibanire y’ibihugu byombi.

Source: Xinhua

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga