• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
09/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
09/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
09/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Muri Lesbos, abapolisi bakuye impunzi mu mihanda bazijyana mu nkambi nshya

Umwanditsi
September 18, 2020

Kuri uyu wa kane tariki 17 Nzeri 2020, abapolisi bo mu Bugereki batangiye kwimura bamwe mu bihumbi by’impunzi zashyizwe mu muhanda n’umuriro muri Moria, aho bashyizwe mu nkambi nshya “by’agateganyo”. basezeranyije ONU na Athene, bavuga ko Pasika ari igihe ntarengwa cyo kubimura. abajyanywe bunyago bava ku kirwa cya Lesbos.

Umunyamakuru wa AFP yavuze ko mu gitondo cya kare, abantu magana batonze umurongo imbere y’inkambi nshya.

Umuryango ku muryango, imifuka mu ntoki, bamwe bafite abamugaye, abandi bakurura ibisanduku byuzuye ibintu, impunzi zinjira mu nkambi, aho bose bagomba kwipimisha Covid-19. Igikorwa cyatangiye ahagana saa 07h00 ku isaha yaho (04:00 GMT) kuri uyu wa kane.

Abapolisi bari bahari nyuma yo gutangira Abaganga batagira umupaka ndetse n’itangazamakuru, bazengurutse amahema, maze babajyana mu nkambi nshya yubatswe vuba. nyuma yumuriro wibasiye iyi nkamni mu cyumweru gishize.

Minisitiri w’uburinzi bw’abaturage Michalis Chryssohoïdis wari uhari mu gihe icyi gikorwa cyabaga yavuze ko Kugeza ubu, abantu igihumbi bimuriwe mu nkambi nshya muri iki gikorwa, akomeza avuga ko iki gikorwa ari ubutabazi kandi ko gikomeza.

Nk’uko byatangajwe n’umukozi muri Minisiteri ishinzwe abinjira n’abasohoka, muri iki gihe abantu 2.800 bari muri iyi nkambi, harimo n’abimukira binjiye ku bushake mu minsi yashize.

Abapolisi b’abagore bagera kuri 70 bitabiriye iki gikorwa. Amashusho yashyizwe ahagaragara na polisi yerekana abapolisi b’igitsina gore bambaye imyenda y’umweru baganira n’imiryango hamwe n’abagore b’impunzi.

Kuva inkongi y’umuriro muri Moria yakwaduka, aho impunzi zigera ku 13.000 zabaga mu buzima bubi, abantu ibihumbi n’ibihumbi bari batuye mu icumbi ry’agateganyo ku mfuruka z’imihanda abandi barara muri parikingi za Supermarket.

Intego y’iyi nkambi nshya “y’agateganyo”, abayobozi basezeranije, ni uko impunzi “zishobora kugenda buhoro buhoro kandi zituje ziva muri icyo kirwa zerekeza muri Athene” cyangwa “gutuzwa ahandi”, nk’uko Komiseri Mukuru w’umuryango w’abibumbye ushinzwe impunzi mu Bugereki, Philippe Leclerc, wasuye Lesvos yabitangaje ku munsi wo kuwa gatatu.

Michalis Chrysochoidis yavuze ku ruhande rwe ko “kimwe cya kabiri” cy’abari mu buhungiro bashobora kuva muri Lesbos “kuri Noheri abandi bakahava kuri Pasika.
Source: AFP

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga