• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
16/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
16/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
16/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Haribazwa byinshi ku iburanishwa rya Kabuga Felicien, ubuzima bwe n’izabukuru

Umwanditsi
September 22, 2020

Kuri ubu impaka ni nyinshi bamwe baribaza niba Kabuga Felesiyani azajyanwa Arusha ? Cyangwa se na najyayo niba azaburana urubanza kugera ku musozo warwo kubera ubusaza bw’izabukuru ndetse n’uburwayi yifitiye.

Umwe mu bunganizi mu byamategeko ba Kabuga Felicien, Me Laurent Bayon yemeza ko gukura Kabuga mu bufaransa bishira ubuzima bwe mukaga.

Me Laurent Bayon yagize ati” Koherezwa Arusha n’uburyo bw’imifungirwe, ntibyatuma ubuzima bwa Kabuga butera kabiri cyangwa se ngo urubanza ruburanishwe kugera kumusozo”.

Ku wa 27 Gicurasi 2020 nibwo umwanzuro w’umucamanza William H.Sekule yategetse ko “Bwana Kabuga Felesiyani agomba koherezwa Arusha nk’uko itegeko riteganya ko abaregwa bose bashyiriweho impapuro za ICTR/TPIR barimo na Kabuga ko bafashwe bagomba gufungirwa ndetse bakanaburanishirizwa ku ishami ry’urwego riri Arusha muri Tanzaniya.

Nyuma yo gutabwa muri yombi, mu Bufaransa ku wa 16 Gicurasi 2020, habaye ibikorwa byinshi byo gutambamira ko urubanza rwabera Arusha muri Tanzaniya ariko byose byarangiye umwamzuro ufashwe ari uwo kumwohereza nubwo magingo aya bitarakorwa.

Kabuga n’abamwunganira bajuririye iki cyemezo, bahita basaba ko yaburanishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa. Ni mu gihe n’ubushinjacyaha na bwo bwashakaga ko yoherezwamu Buholandi aho kujyanwa Arusha.

Kugeza ubu, abatari bacye baribaza azajyanwa he, ntazajyanwa? Ukuri kuzagaragara nyuma y’icyemezo cy’urucyiko Rusesa imanza rw’u Bufaransa giteganyijwe ku wa 30 Nzeri 2020.

Nubwo ntawe uzi igihe Kabuga Felesiyani azapfira kubera ubusaza n’uburwayi bwe, kuri IBUKA yo nk’ihuriro ry’imiryngo y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 bavuga ko niyo yapfa ataraburanishwa ubutabera baba baramaze kububona kuko ari muri gereze.

Iradukunda Elisabeth

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga