• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Haribazwa byinshi ku iburanishwa rya Kabuga Felicien, ubuzima bwe n’izabukuru

Umwanditsi
September 22, 2020

Kuri ubu impaka ni nyinshi bamwe baribaza niba Kabuga Felesiyani azajyanwa Arusha ? Cyangwa se na najyayo niba azaburana urubanza kugera ku musozo warwo kubera ubusaza bw’izabukuru ndetse n’uburwayi yifitiye.

Umwe mu bunganizi mu byamategeko ba Kabuga Felicien, Me Laurent Bayon yemeza ko gukura Kabuga mu bufaransa bishira ubuzima bwe mukaga.

Me Laurent Bayon yagize ati” Koherezwa Arusha n’uburyo bw’imifungirwe, ntibyatuma ubuzima bwa Kabuga butera kabiri cyangwa se ngo urubanza ruburanishwe kugera kumusozo”.

Ku wa 27 Gicurasi 2020 nibwo umwanzuro w’umucamanza William H.Sekule yategetse ko “Bwana Kabuga Felesiyani agomba koherezwa Arusha nk’uko itegeko riteganya ko abaregwa bose bashyiriweho impapuro za ICTR/TPIR barimo na Kabuga ko bafashwe bagomba gufungirwa ndetse bakanaburanishirizwa ku ishami ry’urwego riri Arusha muri Tanzaniya.

Nyuma yo gutabwa muri yombi, mu Bufaransa ku wa 16 Gicurasi 2020, habaye ibikorwa byinshi byo gutambamira ko urubanza rwabera Arusha muri Tanzaniya ariko byose byarangiye umwamzuro ufashwe ari uwo kumwohereza nubwo magingo aya bitarakorwa.

Kabuga n’abamwunganira bajuririye iki cyemezo, bahita basaba ko yaburanishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa. Ni mu gihe n’ubushinjacyaha na bwo bwashakaga ko yoherezwamu Buholandi aho kujyanwa Arusha.

Kugeza ubu, abatari bacye baribaza azajyanwa he, ntazajyanwa? Ukuri kuzagaragara nyuma y’icyemezo cy’urucyiko Rusesa imanza rw’u Bufaransa giteganyijwe ku wa 30 Nzeri 2020.

Nubwo ntawe uzi igihe Kabuga Felesiyani azapfira kubera ubusaza n’uburwayi bwe, kuri IBUKA yo nk’ihuriro ry’imiryngo y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 bavuga ko niyo yapfa ataraburanishwa ubutabera baba baramaze kububona kuko ari muri gereze.

Iradukunda Elisabeth

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga