• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
15/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Tchad: Ingabo zarokoye abari bafashwe bugwate n’abarwanyi ba Boko Haram

Umwanditsi
September 26, 2020

Ingabo za Sector ya 2 (chad), nizihuriweho n’ibihugu byinshi (MNJTF), zarokoye ingwate 12 zari zarafashwe n’umutwe witwa ko ari uw’iterabwoba wa Boko Haram, hafi ya Barkalam mu kiyaga cya Tchad.

Umuyobozi mukuru ushinzwe amakuru ya gisirikare, muri MNJTF, Col. Muhammad Dole, yabitangaje mu magambo ye kuri uyu wa gatandatu tariki 26 Nzeri 2020 i Ndjamena, muri Tchad mu kiganiro n’ikinyamakuru Daily Times Nigeria.

Dole, yavuze ko ingabo zagabye igitero ku mutwe wa Boko Haram kandi zikomeza kubarwanya ku nkombe z’ikibaya cy’ikiyaga cya Tchad kandi babigezeho.

Yavuze ko ubwato butatu bwafashwe mu gihe bagabaga ibitero, bituma bamwe mubagize Boko Haram bapfa kandi bata muri yombi bamwe, abandi bakomereka mu buryo butandukanye.
Yatangaje ko abantu 12 barokowe bagizwe n’umugabo umwe ukuze, abagore batatu n’abana umunani.

Ati: “Dukurikije politiki yayo yo gushaka umutekano w’abigometse ku butegetsi no gutabara ingwate, MNJTF yakoresheje Kajugujugu kugira ngo borohereze urugendo rwabo kuva Baga Sola berekeza N’Djamena, Tchad.

Yakomeje agira ati: “Daoud yasabye ingabo gukomeza guhanga amaso hamwe no kwiyemeza gukuraho inyeshyamba, kugira ngo ibikorwa by’ubukungu bisanzwe mu karere bisubizwe.
Ati: “Ingwate zarokowe zimuriwe mu kigo nderabuzima cya gisirikare kugira ngo zisuzumwe kandi zivurwe, nyuma zihuzwe n’imiryango yabo”.

Mu gihe yakiraga abantu barokowe mu kigo cy’ingabo zirwanira mu kirere, Umuyobozi mukuru w’ingabo wa Tchad (CDS), Lt. Abakar Daoud, yongeye gushimangira ubwitange n’ubushake by’ingabo z’igihugu na MNJTF mu kurwanya iterabwoba mu kibaya cy’ikiyaga cya Tchad.
Source: Daily times Nigeria

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga