• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Ubushinwa: Umwarimu agiye guhabwa igihano cyo kwicwa azira kuroga abanyeshuri

Umwanditsi
September 29, 2020

Urukiko rwo mu Bushinwa rwakatiye umwarimu wigishaga mu mashuri y’incuke kubera uburozi yahaye abana 25, umwe muri bo akaza gupfa. Uyu mwarimu biteganijwe ko azicwa arashwe cyangwa se agaterwa urushinge.

Mwarimu Wang Yun yatawe muri yombi umwaka ushize wa 2019 nyuma yuko abana bo mu ishuri ry’incuke mu mujyi wa Jiaozuo bajyanwe mu bitaro nyuma yo kunywa igikoma cya mu gitondo. Urukiko rwavuze ko yashyize sodium nitrite(uburozi) mu gikoma cya mugitondo cy’abanyeshuri ba mugenzi we kugirango yihorere.

Ibi byabaye ku ya 27 Werurwe 2019 icyo gihe byavuzwe ko abana 23 batangiye kuruka no gucika intege nyuma yo gufata ifunguro rya mu gitondo. Iperereza rya polisi ryakozwe nyuma y’ibirego byavuze ko uyu mwarimu yaba yabahaye uburozi.

Ku uyu wa mbere w’icyi cyumweru hari tariki 28 Nzeri 2020, urukiko rw’ibanze rwa Jiaozuo rukaba rwakatiye Madamu Wang igihano cy’urupfu.

Mu itangazo ryayo, police yavuze ko uyu mwarimu yashyize nitrite ya sodium mu gikoma cy’abanyeshuri bakiri bato b’undi mwarimukazi ashaka “kwihorera” nyuma yo “gutongana ku bibazo by’ubuyobozi bw’abanyeshuri”.

Sodium nitrite, ikoreshwa kenshi nkibishyirwa mu biryo nk’inyama kugirango bitangirika ariko bishobora kuba uburozi iyo bishyizwemo ku bwinshi.

Urukiko rwavuze kandi ko atari ubwa mbere Madamu Wang yaroze abantu, ruvuga ku byabaye mbere aho yavuze ko yaguze nitrite kuri interineti kandi akaroga umugabo we wangiritse byoroheje.

Umwe muri aba bana bariye uburozi yapfiriye mu bitaro muri Mutarama uyu mwaka wa 2020 nyuma yo kumara amezi 10 avurwa.

Urukiko rwagaragaje ko Madamu Wang “yasuzuguraga kandi ko ari mubi, kandi ingaruka z’ibyaha zikomeye cyane, bityo akaba akwiye guhanwa bikomeye”.

Mu gihe Ubushinwa bwanze gutangaza umubare w’abantu bapfa bazize uburozi, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yemera ko buri mwaka hicwa ibihumbi. Iki gihano akaba azagihabwa aterwa urushinge cyangwa akaraswa.
Source:BBC

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga