• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rugiye gufata umwanzuro ku bujurire bwa Kabuga Felicien

Umwanditsi
September 29, 2020

Urukiko rusesa imanza rw’Ubufaransa ruzavuga kuri uyu wa wa gatatu tariki 31 Nzeri 2020 niba umunyarwanda Kabuga Felisiyani agomba kuburanishwa n’Ubufaransa cyangwa se urwego rwa ONU rwasigariyeho urukiko mpuzamahanga  mpanabyaha rwari rwarashyireweho u Rwanda, TPIR.

Urukiko rusesa imanza rw’Ubufaransa, ni rwo rwego rw’ubucamanza rwo hejuru, ni ukuvuga rwa nyuma, Kabuga yitabaje. Yaruregeye nyuma y’aho urukiko rw’ubujurire rw’i Paris narwo rwemereje mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka wa 2020 ko Kabuga agomba kujya kuburanira i Arusha muri Tanzania, imbere y’Urwego rwasigariyeho TPIR imaze gufunga imiryango.

Kabuga Felesiyani, yatawe muri yombi ku italiki ya 16 Gicurasi 2020 mu nkengero z’umujyi wa Paris, umurwa mukuru w’Ubufaransa, nyuma y’imyaka irenga 25 yari amaze ashakishwa. Akurikiranyweho ibyaha bya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. We arabihakana.

Kabuga, asaba kuburanishirizwa mu Bufaransa, we n’abavoka be bamwunganira bavuga ko adashobora gukora urugendo rurerure kugera i Arusha kubera ubusaza n’indwara zikomeye afite zirimo gisukali (Diabete), umuduko munini w’amaraso, n’indi yitwa “leucoaraïose”, indwara idakira igenda imubuza kugenda no kwinyagambura kandi ituma agenda arushaho kwibagirwa.

Urukiko rw’ubujurire rw’i Paris nkuko ijwi ry’Amerika ribitangaza, rwavuze ko Kabuga agomba kujya i Arusha. Urusesa imanza narwo ni ruramuka rubyemeje kuri uyu wa gatatu, leta y’Ubufaransa izaba ifite ukwezi kumwe kugirango ibishyire mu bikorwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga