• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

USA:Mike Pence yanze kuganira ku ihererekanya ry’ubutegetsi, ati.”Ndatekereza ko tuzatsinda aya matora.”

Umwanditsi
October 8, 2020

Visi Perezida Mike Pence yabajijwe mu kiganiro mpaka hagati ye na Senateri Kamala Harris icyo yakora haramutse Perezida Trump yanze ko hajyaho ubutegetsi mu mahoro mu gihe yaba atsinzwe amatora yo mu 2020. Ibi kandi Perezida Trump yanze kugira icyo abivugaho ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru muri White House mu kwezi gushize. Pence, avuga ko adatekereza ko azatsindwa.

Pence yashubije atyo mu kiganiro mpaka cyo kuwa gatatu. ati: “Mbere na mbere, ndatekereza ko tuzatsinda aya matora.” Yongeyeho ko Abanyamerika batoye Perezida Trump ku nshuro ya mbere bishoboka ko bazongera kumutora.

Yongeyeho ati: “Nzi neza ko Abanyamerika bamwe batanze iyo ntsinzi y’amateka mu 2016, babona amateka ya perezida kandi ndatekereza ko urugendo rw’Abanyamerika rwakomeje kwiyongera mu myaka ine ishize.” Nyuma yashinje ishyaka ryaba democrate “gushaka guhirika ibyavuye mu matora aheruka”.

Ku ya 23 Nzeri 2020, Trump yavuze ko “azareba uko bigenda” igihe azaba akandamijwe ku bijyanye no guhererakanya ubutegetsi mu mahoro. Perezida Trump yahise agira ati: “Ntabwo ihererekanya rizabaho, mvugishije ukuri, ubuyobozi buzakomeza”.

Bamwe mu badepite ba GOP bahisemo kwamagana amagambo ya Perezida Trump. Umuyobozi wa Sena, McConnell, yabivuzeho mu buryo butaziguye kuri tweet ati:”Uzatsinda amatora yo ku ya 3 Ugushyingo azatangazwa ku ya 20 Mutarama 2021.” “Hazabaho inzibacyuho kuri gahunda nk’uko byagenze buri myaka ine kuva 1792”.

Senateri wa GOP, Ben Sasse, yatangarije abanyamakuru ko “perezida avuga ibintu by’abasazi,” ariko “bagiye guhindura ubutegetsi mu mahoro”.

Harris, umukandida wungirije wa perezida waba Democrate yabajijwe ikibazo nk’iki kijyanye no guhindura ubutegetsi mu mahoro mu gihe cy’ibiganiro mpaka. Harris avuga ku nkunga z’amashyaka abiri nka Colin Powell na Cindy McCain, Harris yagize ati: “[Jye na Joe Biden] twemera Abanyamerika”.

Harris aramusubiza ati: “Twizera demokarasi yacu kandi dore icyo nifuza kubwira abantu bose: “Tora”.
Source: cbsnews

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga