• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
25/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
25/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
25/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
25/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi

Bobi Wine uhatanira kuyobora Uganda yatangaje ko abashinzwe umutekano bagabye igitero ku biro bye

Umwanditsi
October 14, 2020

Kuri uyu wa gatatu tariki 14 Ukwakira 2020, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uhatanira intebe y’umukuru w’Igihugu cya Uganda Uganda, uzwi cyane mu njyana ya pop akaba n’umudepite, yavuze ko abashinzwe umutekano bagabye igitero ku biro bye bakanamwambura ibyangombwa.

Ni mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko ibi byabaye byagizwemo uruhare na leta hagamijwe guca intege abatavuga rumwe nayo.

Kuri tweet Bob Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yavuze ko abashinzwe umutekano batwaye n’ibindi bintu bitavuzwe amazina. Ati: “Igisirikare n’abapolisi bagabye igitero ku biro bikuru byacu i Kamwokya. Binjiye mu biro batwara ibyangombwa by’agaciro n’ibindi bintu. Bamwe muri bagenzi bacu bakomeretse.

Bobi Wine afite intego yo gushyira akadomo kuri manda y’imyaka 34 Yoweri Kaguta Museveni amaze ari kubutegetsi, ibi bikaba bituma aba perezida wa gatatu muri Afurika umaze igihe kirekire ku butegetsi.

Imyaka yamaze mu muziki Bob Wine byatumye abona abayoboke benshi mu gihugu gifite abaturage miliyoni 42, kikaba kiyobowe n’ishyka rya National Resistance Movement (NRM) rikaba rikumira abatavuga rumwe naryo.

Kuva yagaragaza icyifuzo cye cyo kuba perezida, abapolisi n’abasirikare bagiye batatanya abari mu myigaragambyo imushyigikiye, bakabakubita abandi bakabafunga. Uganda yiteguye amatora rusange muri Gashyantare umwaka utaha 2021.
Source: Reuters

Venuste Habineza/Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5896 Posts

Politiki

4147 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga