• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Gisagara: Yakurikiye ingurube mu mwobo wa metero 25 apfiramo

Umwanditsi
October 16, 2020

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 15 Ukwakira 2020 nibwo hamenyekanye inkuru y’umugabo wo mu karere ka Gisagara wapfiriye mu mwobo wa metero 25 aho yagiye akurikiye ingurube yari yaguyemo agezemo ahera umwuka.

Abaturage batabaye ubwo byamenyekanaga, bavuga ko aba bagabo ari Sindikubwabo Maquez na Hitimana Jean Damascene wamanutsemo agiye gutanga ubwunganizi. Gusa nyuma yo kugera muri uyu mwobo baje guhura n’icyibazo cyo kubura umwuka haza kwitabazwa inzego z’umutekano aho bahageze Sindikubwabo Maquez yashizemo umwuka.

Umwe mu baturage bageze ahabereye uru rupfu yavuze ko bafataga ibiziriko bashaka kureba uburyo babazamuramo aho bamuhereje ikiziriko ngo yishumike babashe kumuzamura ariko kubera intege nke yari afite ntiyashobora gufata uwo mugozi. Hitimana, we yakuwe mu mwobo agihumeka ariko atabasha kuvuga ahita ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Kibirizi kugirango yitabweho n’abaganga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’umurenge wa Ndora Manirakiza Thierry yemeza iby’urupfu rw’uyu mugabo Maquez, aho yatangaje ko yari afite imyaka 50, akaba ariwe wabanje kujyamo mbere akaza kuba ariwe witaba Imana. Uyu Gitifu, yasabye abaturage gutangira amakuru ku gihe kuko iyo bikorwa kare inzego z’umutekano ziba zashoboye gukiza ubuzima bw’uriya mugabo. Akaba yabasabye gukunda ubuzima bwabo aho kwishora mu bintu byabashyira mu kaga.

Iki cyobo kikaba cyari gipfundikije beto ifite imyenge ibiri, ubwo urwego rwa Polisi y’u Rwanda rwakuragamo aba bagabo babiri, ngo rwasanze uwitwa Sindikubwabo Maquez yahitanwe na gaze yariri muri uyu mwobo(ubwiherero).

Venuste Habineza/Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga