• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
10/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
10/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
10/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi

Mu nkiko ni nko ku Nkiko, kuhagenda ni ukwigengesera-Barore Cleophas

Umwanditsi
October 16, 2020

Mu ijambo rye nk’umuyobozi w’urwego rw’Abanyamakuru bigenzura-RMC, Barore Cleophas ubwo kuri uyu wa 16 Ukwakira 2020 hasozwaga amahugurwa y’iminsi itatu yagenewe Abanyamakuru ku Burenganzira bwa Muntu no gukora inkuru ku butabera, yibukije buri wese mu bayitabiriye by’umwihariko abanyamakuru ko mu rukiko ari ahantu ho kwigengesera kimwe no ku nkiko z’Igihugu.

Barore, avuga ko mbere y’aya mahugurwa benshi mu banyamakuru batumwaga inkuru n’ibitangazamakuru bakorera ku bijyanye n’ubutabera cyangwa se mu nkiko muri rusange ariko ugasanga bose atariko babikora kinyamwuga, ariko guhera kuri aya mahugurwa ngo hagiye kugaragara impinduka.

Avuga ko iyo abanyamakuru bemeye kwicara bakigishwa bumva, ko batajya bumvirana. Yizeza ubufatanye hagati y’abanyamakuru ndetse na Minisiteri y’ubutabera hamwe na LAF ( Legal Aid Forum), bose bagize uruhare mu gutegura aya mahugurwa.

Barore, asaba by’umwihariko Minisiteri y’Ubutabera kimwe n’abandi bafite aho bahurira n’itangazamakuru mu gihe abanyamakuru bakora inkuru zabo ko bajya bihutira gutanga ubufasha bukenewe kandi ku gihe ku munyamakuru ubitabaje.

Barore Cleophas/RMC

Mu kazi ka buri munsi k’umunyamakuru, Barore avuga ko gutsitara ku nyuguti byoroshye, ko kunyerera ku ijambo nabyo byoroshye, bityo ko ni hagira uwo bishyikira akagira uwo yitabaza akwiye kugira umwumva. Yasabye kandi ko ingingo yo mu itegeko ivuga ko umunyamakuru asaba uburenganzira bwo gutara inkuru mu rukiko mbere ho amasaha 48 ko rutangira bikwiye guhinduka, ko igihe hazazamuka ibitekerezo bisaba ihinduka ry’iyi ngingo bazabyumva, bakabishyigikira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5861 Posts

Politiki

4112 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga