• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Kirazira guha umwana amata y’inka ataruzuza nibura umwaka, sigaho!

Umwanditsi
November 4, 2020

Inzobere mu mirire, zitangaza ko guha umwana amata y’inka utaruzuza umwaka bimugiraho ingaruka harimo no kumwangiriza inyama y’impyiko n’iy’umwijima. Izi nzobere zigira inama ababyeyi kwitwararika guha umwana aya mata.

Benshi mu babyeyi bavuga ko kimwe mu byo baha umwana nk’imfashabere harimo amata y’inka akenshi bakagaragaza ko impamvu ituma babaha ayo mata y’inka ari uko rimwe na rimwe usanga abahendukiye.

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima ku Isi OMS, rivuga ko umwana umaze amezi atandatu avutse atangira guhabwa imfashabere kugira ngo abone intungamubiri n’imyunyungugu bihagije bimufasha gukura neza.

Usibye kuba ababyeyi bavuga ko kwa muganga bababwira ko atari byiza ko abana bari munsi y’umwaka babaha amata y’inka, bashinja abaganga kutababwira impamvu atari byiza n’ingaruka bishobora kugira ku mwana mu gihe ahawe aya mata.

Mfiteyesu Leah, inzobere mu mirire avuga ko ku mwana kumuha amata y’inka atari byiza mu gihe ataragira umwaka kuko igifu cye n’igogora biba biremereye kuburyo umubiri utabasha kuzicagagura uko bikwiye.

Avuga ko imyunyungugu iri mumata ari myinshi bikaba bishobora kwangiza impyiko ndetse n’umwijima we, akavuga ko ibyiza ari ukumuha amata yo mubikombe mu gihe umubyeyi adashoboye gukomeza kumwonsa uko bikwiriye.

Mu bindi, Mfiteyesu Leah avuga ko bibujijwe ku mwana utarageza ku mwaka kuko bishobora kumutera ibibazo ni ubuki n’amagi mabisi kubera za bacterie zibamo, umutobe w’imbuto kuko uba wongewemo amazi n’amasukari ndetse n’ikawa na za chocolate (shokora) kuko zibamo ikinyabutabire cya caffeine gishobora kumwongerera umuvuduko w’amaraso no kubura ibitotsi.

Venuste Habineza/Intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5866 Posts

Politiki

4117 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1010 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga