• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
22/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”
22/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
22/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene

Abapfiriye mu myigaragambyo yamagana ifatwa n’ifungwa rya Bobi Wine muri Uganda bageze kuri 45

Umwanditsi
November 23, 2020

Polisi ya Uganda yavuze ko abapfuye mu myigaragambyo yo mu cyumweru gishize yo kwamagana ifatwa n’ifungwa rya Bobi Wine, bageze kuri 45. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa mbere, umuvugizi wa polisi ya Uganda Fred Enanga yavuze ko abapfuye bagizwe n’abagabo 39 n’abagore batandatu.

Igitangazamakuru cyo muri Uganda cyasubiyemo amagambo y’abakora mu nzego z’umutekano, bavuga ko benshi barashwe n’abakora mu nzego z’umutekano bambaye imyenda ya gisivile. Abo bafashwe amashusho n’abaturage abagaragaza mu mihanda berekana imbunda bitwaje.

Ku wa gatanu, Minisitiri w’umutekano Jenerali Elly Tumwiine yabwiye itangazamakuru ko polisi n’izindi nzego z’umutekano bafite uburenganzira bwo kurasa no kwica, niba abigaragambya “bagejeje ku kigero runaka cy’urugomo”. Polisi yavuze ko abapolisi 11 bagabweho ibitero bagakomeretswa n’abigaragambya.

Imyigaragambyo ya hato na hato yabaye mu murwa mukuru Kampala no mu yindi mijyi, basaba ifungurwa ry’umukandida-perezida Robert Kyagulanyi, uzwi nanone nka Bobi Wine, wari watawe muri yombi ari muri mitingi yo kwiyamamaza.

Bobi Wine, nyuma yo gufungwa iminsi ibiri, nkuko BBC ibitangaza, yarezwe kurenga ku mategeko yo kwirinda coronavirus, afungurwa by’agateganyo. Ubu yasubiye mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5939 Posts

Politiki

4188 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1046 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga