• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kamonyi/Rukoma: Ikirombe cyishe umuntu mu rukerera

Umwanditsi
November 24, 2020

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2020, mu Mudugudu wa nyarurama, Akagari ka Bugoba, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka Kamonyi, ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cyahitanye umuturage w’imyaka 34 y’amavuko.

Umuturage witwa Mwitende Jean bakunda kwita Feliyeri, mu rukerera rw’uyu wa Kabiri yagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro cyari cyarafunzwe. Iki kirombe cyari icya Kompanyi y’ubucukuzi yitwa SETEC y’uwitwa Bizimungu Denis.

Nyuma yo gukura umurambo mu kirombe, wajyanwe mu bitaro bya Remera Rukoma ngo ukorerwe isuzumwa.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yemereye intyoza.com ko aya makuru bayamenye. Avuga ko iki kirombe cyari cyarafunzwe, ariko ko kubera byinshi mu birombe byafunzwe kandi aribyo benshi mu baturage bajyaga gukoramo, bituma bamwe bihisha bakajya gushakamo amabuye mu buryo butemewe.

Gitifu Nkurunziza, avuga ko nk’ubuyobozi bw’Umurenge ubarizwamo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kurusha indi mirenge muri aka karere ka Kamonyi, basaba ko mu gihe ubuyobozi bufite ibirombe mu nshingano buhagaritse icukurwa ry’ahantu runaka hakwiye kubaho ingamba ziteganya uburyo buboneye bwo kurinda ahafunzwe.

By’umwihariko, Gitifu Nkurunziza avuga ko igikwiye ari uko ikigo gifite ubucukuzi mu nshingano cyakwihutisha ibyo gutanga ibyangombwa kuko kuba ibirombe biraho byarafunzwe kandi byari bitunze abaturage bituma bamwe mu babikuragamo amaramuko bihisha bakajya gushaka amabuye bihishe, ari nabyo biviramo benshi ibyago bitandukanye birimo n’impfu za hato na hato.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga