• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
22/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
22/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi
22/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro

Abapolisi bahagaritswe mukazi i Paris bazizwa gukubita umwirabura

Umwanditsi
November 27, 2020

Abategetsi b’Ubufaransa bahagaritse abapolisi batatu nyuma yo kuboneka kuri video barimo gukubita umwirabura ukora mu by’umuziki hagati mu murwa mukuru wa Paris.

Ibi byabaye kuwa gatandatu w’icyumweru gishize byatumye haduka uburakari kubashinzwe imyitwarire y’abashinzwe umutekano mu Bufaransa. Ku musi wa mbere, igipolisi cyashinjwe gukoresha ingufu nyinshi zidakenewe mu gihe cyarimo kirasenya inkambi y’abimukira i Paris.

Ibyo bibaye mu gihe Leta irimo kugerageza gushyiraho itegeko ribuza kwerekana isura z’abapolisi. Abadakozwa iby’iryo tegeko bavuga ko iyo ataba ayo mashusho nta kintu na kimwe muri ibyo byabaye mu cyumweru gishize cyari kumenyekana.

Ku musi wa kane, umukinnyi kabuhariwe w’umupira w’amaguru, Kylian Mbappe, na we w’umwirabura, yifatanije na bagenzi we b’ikipe y’igihugu hamwe n’abandi bakinnyi batandukanye mu kwamagana imyitwarire y’abo bapolisi.

Iruhande rw’ifoto y’uwo mugabo wiswe Michel yuzuye amaraso mu maso, yanditse ati:” Video ibabaje, ubunyamaswa budakwiye kwihanganirwa. Amagana amacakubiri ashingiye ku ruhu!”.

Kuri uyu wa kane tariki 25 Ugushyingo 2020, ni ho amashusho ya video yashyizwe ku rubuga rwa Loopsider. Yerekana abapolisi batatu barimo bakubita amakofe banakoresha indembo kuri uwo mugabo amaze kwinjira muri ‘studio’ yiwe. Loopsider ivuga ko ubwa mbere yari yahagaritswe ashinjwa kuba atambaye agapfukamunwa.

Michel kandi, avuga ko yatutswe ibyerekeye uruhu rwe mu minota itanu yamaze arimo arakubitwa. Yarafunzwe anashinjwa kurwana no kwanga guhagarikwa, ariko abacamanza bamaganira kure ibyo birego kuwafashwe, ahubwo bakaba bahise bataniza iperereza kuri abo bapolisi.

Igihe yageraga ku cyicaro gikuru cya Polisi ku wa kane, ari kumwe n’umuburanira kugira batangize urubanza, Michel yabwiye abanyamakuru ati:”Abantu bakwiye kuba bandinda bangabyeho igitero. Nta kintu na kimwe nari nakoze ngo nkorerwe ibintu nk’ibi. Nshaka ko gusa abo bantu batatu bahanwa hakurikijwe amategeko”.

Umuyobozi w’Umujyi wa Paris, Anne Hidalgo, yavuze ko “ababajwe cyane” n’icyo”gikorwa kidakwiye kwihanganirwa”.

Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu, Gérald Darmanin yabwiye televiziyo y’Ubufaransa ko ashobora gusaba ko abo bapolisi bahagarikwa mu kazi, avuga ko “banduje umwambaro w’igihugu”.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, Darmanin yari yategetse igipolisi kumushyikiriza icyegeranyo, nyuma y’aho basenyeye inkambi nini y’abimukira ku murwa mukuru, bagatana mu mitwe na bo hamwe n’abaharanira uburenganzira bwa muntu. Yanditse kuri Twitter ko bimwe mubyahabereye “Biteye isoni”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5895 Posts

Politiki

4146 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga