• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Uruganda rw’umuceri rwibarutse urw’ifu y’ibigori-kawunga

Umwanditsi
December 17, 2020

Uruganda rw’ifu y’ibigori-Kawunga rwiswe Mukunguri Maize Flour ( MUMAF), rubaye urwa gatatu muri aka gace k’amayaga, rukomotse ku ruganda rw’Umuceri rwa Mukunguri-MRPIC rwahabanje. Akawunga ka mbere kamaze kugera ku isoko, mu ngano y’ibiro bitanu, icumi na 25.  

Niyongira Uzziel, umuyobozi w’uruganda rutunganya umuceri rwa Mukunguri (Mukunguri Rice Promotion Investment Company-MRPIC) ari nawe uzamuye aka gace kagezemo izi nganda uko ari eshatu, avuga ko ifu (Kawunga) bagejeje ku isoko bizeye ubwiza bwayo ndetse n’uburyohe.

Urebeye inyuma, inyubako z’uruganda rutunganya Kawunga.

Niyongira, avuga ko ibi abihera ku bushobozi bw’uruganda ndetse n’ibikoresho bafite bagereranije n’ibindi basanzwe babona hanze aha, bakongeraho imitunganyirize y’umusaruro w’ibigori bakuramo ifu, inzira banyuramo babitunganya kugera ku ifu bakeneye.

Avuga kandi ko gushinga uru ruganda rutunganya ifu y’ibigori-Kawunga babanje kubyigaho, biga ku isoko, bashaka inyubako ziberanye n’uruganda, bashaka abahanga babafasha kubona imashini zigezweho zizababashisha kugera ku bwiza bw’ifu ikenewe.

Imbere mu ruganda, imashini zigezweho.

Niyongira Uzziel, avuga ko nyuma yo kuba batangiye uru ruganda rw’akawunga, bafite gahunda yo gushyiraho urundi ruganda rwa kane ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo, aho narwo ngo rutazatinda.

Aka gace k’amayaga, kabanje kubakwamo uruganda rw’umuceri rwa MRPIC, aho bigaragara ko rumaze gutera imbere kandi rwunguka. Ibi bigaragazwa no kuba rugenda rubyara izindi nganda zirimo urutunganya ibicanwa-amakara ( Briquettes) biva mu bisigazwa by’umuceri, hamwe n’uru rwa Kawunga rwatangiye.

Uru ruganda rw’Ifu y’Ibigori rwuzuye, ruje gukomeza iterambere ry’aka gace k’amayaga n’iry’akarere muri rusange, rufasha abaturage mu kubaha akazi no kugura umusaruro w’Ibigori byabo. Rufite ubushobozi bwo gutunganya Toni 30 z’ibigori ku munsi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga