• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
16/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
16/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
16/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Inkunga y’ingoboka kubagizweho ingaruka na Coronavirus muri Amerika yahawe umugisha

Umwanditsi
December 22, 2020

Inteko ishingamategeko y’Amerika yemeje imfashanyo yari imaze igihe itegerejwe cyane ya miliyari 900 z’amadolari yo kugoboka abagizweho ingaruka na coronavirus.

Hari hashize amezi kwemeza iyo mfashanyo byarateje impaka zikomeye muri politike.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 21 Ukuboza 2020, abasenateri bemeje umushinga w’itegeko rigena iyo mfashanyo, hashize amasaha wemejwe n’abadepite.

Iyi mfashanyo irimo nko guha amafaranga Abanyamerika benshi no kugoboka ibikorwa by’ubucuruzi ndetse na gahunda zo kwita ku badafite akazi.

Ayo mafaranga agiye kujyana n’undi mushinga w’itegeko mugari kurushaho, wa tiriyari (trillion) 1.4 y’amadolari agenewe gufasha ibikorwa bya leta mu gihe cy’amezi icyenda ari imbere.

Biteganyijwe ko Perezida Donald Trump ashyira umukono kuri uwo mushinga w’itegeko wemejwe, ugahinduka itegeko byihuse.

Perezida watowe Joe Biden yishimiye itorwa ry’uyu mushinga w’itegeko, ariko avuga ko inteko ishingamategeko isabwa gushyigikira gahunda ye y’ingoboka kubera Covid-19, gahunda izatangira mu ntangiriro y’umwaka utaha.

Kuri Twitter, Bwana Biden yanditse ati: “Ubutumwa bwanjye kuri buri muntu urimo kugorwa n’ubuzima muri aka kanya ni ubu: inkunga iri mu nzira”.

Gahunda nyinshi zo kugoboka abashegeshwe n’ingaruka zivuye kuri Covid-19, byari biteganyijwe ko zirangiza igihe mu mpera y’uku kwezi. Ndetse Abanyamerika bagera hafi kuri miliyoni 12 bari bafite ibyago byo gutakaza ibyo bagenerwaga kubera ko nta kazi bafite muri iki gihe.

Ariko, abadepite bamwe bavuze ko bumvise ari nkaho bahumwe mu maso no kuba basabwe gutora kuri uwo mushinga w’itegeko mugari cyane kandi bataragize akanya ko gusoma ibyawo.

Uyu mushinga w’itegeko watowe, nkuko BBC ikomeza ibitangaza, wanditse ku mpapuro hafi 5,600, watangajwe n’ibiro ntaramakuru Associated Press ko ari wo “wa mbere muremure cyane ubayeho mu mateka azwi ndetse ushobora kuzahora ari wo wa mbere muremure cyane”.

Munyaneza Theogene intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga