• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
16/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
16/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
16/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Rusizi: Abagizi ba nabi bateye mu rugo rw’umuturage basiga bamwiciye umugore

Umwanditsi
December 28, 2020

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 27 Ukuboza 2020, Abantu bambaye imyenda ya gisirikare bitwaje intwaro bateye mu rugo rw’uwitwa Bavugamenshi Fidele, mu Mudugudu wa Mpongora, Akagari ka Gatsiro, Umurenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi, baramuzirika, barasa isasu umugore we witwa Mukandayisenga Olive waje kugwa mu nzira ajyanwe kwa muganga i Gihundwe.

Umuturage wahaye amakuru Bwiza dukesha iyi nkuru, yavuze ko aba bagizi ba nabi baje bambaye imyenda ya gisirikare bahishe amasura, basaka inzu, basaba umugabo nyiri urugo kubaha imbunda n’amafaranga ariko ngo ababwira ko nta mbunda atunze.

Uyu muturanyi wa nyakwigendera, avuga ko uyu mugabo wiciwe umugore asanzwe ari umucuruzi w’amatungo, ko akibabwira ko nta mbunda atunze bamwatse amafaranga, mu gihe atarabasubiza ngo bahise bamuzirika, bajya gusaka mu nzu babona ibihumbi 470, umugore ashaka kurwana nabo ayabaka bahita bamurasa isasu mu rubavu agwa hasi, aho yajyanwe kwa muganga I Gihundwe akagwa mu nzira.

Uyu muturage, avuga ko baheze mu rujijo kuko batazi niba ari igitero cyagabwe mu Murenge wabo n’abagizi ba nabi, cyangwa se niba ari ubujura busanzwe cyane ko batanamenye irengero ry’aba bagizi ba nabi.

Kayumba Ephrem, umuyobozi w’Akarere ka Rusizi yemeje ko aya makuru ari impamo, asaba abaturage kudakuka umutima, ko hari gukorwa iperereza ngo hamenyekane iby’ubu bugizi bwa nabi n’ababugizemo uruhare. Avuga ko inyito y’ibyabaye izagaragazwa n’iperereza, ko atakwemeza niba ari igitero cyangwa se ubujura busanzwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga