• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Niba ushaka kugira ngo Polisi irambirwe, ntabwo izarambirwa ahubwo ni wowe uzarambirwa-CP Kabera

Umwanditsi
January 17, 2021

CP John Bosco Kabera, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda nyuma yo guta muri yombi abantu 13 mu rugo rw’umuturage, mu Murenge wa Remera, Akagari ka Nyarutarama bari mucyo Polisi yise ibirori bitemewe kubera amabwiriza yo kwirinda Covid-19, aburira buri wese kwirengera ingaruka zituruka ku kutubahiriza amabwiriza yashyizweho, ko kandi uwibwira ko wenda Polisi yarambirwa ku mutegereza yaba yibeshya.

CP Kabera, ubwo Polisi yerekaga itangazamakuru aba bantu bafashwe mu mpera z’iki cyumweru mu ijozo ryo kuwa Gatandatu rishyira ku cyumweru, yavuze ko ubwo hamenyekanaga amakuru guhera I saa tatu z’ijoro ( hakiri tariki 16 Mutarama 2021), yuko aba bantu bari mu rugo rw’umuturage mu birori, Polisi yagiyeyo banga kuyikingurira, abarinzi ba nyiri urugo nabo ngo bakaba bari bahawe amabwiriza ko nta gukingurira. Polisi, yahisemo kubararira kugera barambiwe barakingura.

Yagize ati“ Nuko nyine banze gukingura Polisi ikahararira mpaka bafunguye nyine! Ariko se ubundi utekereza ko kwanga gufungurira Polisi uziko Polisi iri bujye hehe? Ibyo twarabivuze!, barambiwe barafungura nyine, none se bajyaga kubigenza bate!? “Twarabivuze yuko niba ushaka kugira ngo Polisi irambirwe, ntabwo izarambirwa ahubwo ni wowe uzarambirwa”.

Zimwe mu modoka z’abari bateraniye muri iki gipangu mu birori baturutse hirya no hino muri Kigali. Photo/Polisi

CP Kabera, akomeza asaba buri wese kubyumva ariko kandi agashimira abanyarwanda n’abandi bose bakomeje gutanga amakuru, abasaba gukomeza kuyatanga kugira ngo abarenga ku mabwiriza bafatwe, bagaragarizwe Abanyarwanda ngo kuko ni nabo bakurura ibibazo.

Avuga ko abafashwe bagomba kwipimisha Covid-19 kandi bakirengera ikiguzi. Ati“ Niko bigomba kugenda, bimwe mubiri bubakorerwe uretse n’iperereza rindi nabo bagomba kwipimisha Covid-19”. Akomeza kukiguzi ati“ Nibo bacyiyishyurira kuko nibo babyiteye, ntawabatumye kujya muri ibyo birori byo mu ngo, nta n’uwababwiye yuko bagomba kurenga ku mabwiriza. Ibyo rero byose barabikurikiranwaho, barabiryozwa, bazanabikurikiranweho nibigaragara ko mu by’ukuri harimo ibyaha”.

Polisi ibinyujije kuru twitter yagize iti;

Nyiri urugo ndetse n’umuzamu umurinda ntabwo bahuza ku mvugo zo kuba banze gukingurira Polisi. Nyiri urugo avuga ko ibyo byabaye we yari yaryamye, mu gihe umuzamu we ahamya ko yamuhaye amabwiriza yo kudakingura ndetse n’igihe Polisi yazaga yamumeyesheje ariko akamubwira ko adakingura. Uyu murinzi nkuko inkuru dukesha ukwezi Tv ibigaragaza, avuga ko yicuza ikosa ryo kuba yaruhije inzego z’umutekano akanga kuzikingurira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga