• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi-Musambira: Umuturage yicishijwe inkoni azizwa inanasi yafatanwe

Umwanditsi
January 20, 2021

Abineza Cyprien, umuturage w’imyaka 31 y’amavuko, yafashwe n’abanyerondo barimo bataha mu Mudugudu wa Bitsibo, Akagari ka Rukambura, Umurenge wa Musambira, kuri iki cyumweru cya tariki 17 Mutarama 2021. Bamufatanye umufuka urimo inanasi bakeka ko yazibye, bamushyikiriza abakozi b’aho yazikuye baramukubita kugeza apfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira, Mpozenzi Providence yemereye intyoza.com ko uyu Abineza Cyprien yahuye n’abanyerondo batahaga mu rukerera rwo kuri iki cyumweru, baramufata bamukekaho ubujura, baramujyana bamushyikiriza abakozi b’umugabo witwa Munyeshuri Faustin aho bakekaga ko yibye ibyo afatanwe, ari naho yakubitiwe kugera apfuye.

Gitifu Mpozenzi avuga uko byagenze, yavuze ko mu rukerera ubwo Abineza yahuraga n’abanyerondo bari mu nzira bataha yari yikoreye umufuka urimo inanasi, bakeka ko yazibye, niko kumufata bamushyikiriza abakozi ba nyiri umurima, baramwihanira.

Yagize kandi ati“ Ni umuntu bafashe wakekagaho kwiba mu murima w’uwo mugabo nuko bakora ikosa ryo kumufata baramwihanira nyine”. Akomeza avuga ko nyiri uyu murima ukorerwamo ubuhinzi n’ubworozi yibera I Kigali, ko ibyakozwe ari abakozi be bamukorera.

Munyeshuri Faustin, nyiri uyu murima akaba n’umukoresha w’aba bakozi bakubise uyu muturage Abineza agapfa, yabwiye intyoza ko nta byinshi azi kubyabaye kuko atari ahari, ko nawe abyumva kuri terefone, ko kandi atabashije kuhagera kubera gahunda ya guma mukarere.

Uyu Munyeshuri, yabwiye umunyamakuru ko ikibazo cy’aba bakozi be bakubise Abineza kugeza apfuye kiri mu maboko y’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB, aribwo burimo gubikurikirana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga