• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
13/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
13/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
13/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Umujenerari w’Umwirabura yagizwe Minisitiri w’Ingabo muri Amerika

Umwanditsi
January 23, 2021

Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika Joe Biden mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 22 Mutarama 2021, yongerewe ingufu n’abadepite bemeje Minisitiri w’ingabo. Ni uwa kabiri wejwe muri guverinoma, mu gihe ubuyobozi bushaka guhangana n’abatavuga rumwe n’Amerika harimo Uburusiya. Ni uwa mbere w’umwirabura uhawe uyu mwanya.

Sena yatoye n’amajwi 93-2 yemeza General Lloyd Austin wari mu kiruhuko cy’izabukuru, bituma aba umuyobozi wa mbere w’umwirabura uyuboye deparitema y’ingabo y’Amerika. Austin ku rukuta rwe rwa Twitter kuri uyu wa gatanu yagize ati:” Ni icyubahiro n’ishema kuba Minisitiri w’ingabo wa 28, kandi nshimishijwe by’umwihariko no kuba umwirabura wa mbere w’umunyamerika ugiye muri uwo mwanya”.

Itora ryabaye hadashize amasha 24, imitwe yombi, Sena n’Abadepite bemeje imbere y’amategeko, gukuraho ibyashoboraga kuzitira Austin, wahoze ari umuyobozi mu ngabo z’Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati no muri Aziya y’Amajyepfo, akabona uburenganzira bwo gufata umwanya w’umuyobozi wa gisivili, ataramara imyaka irindwi mu kiruhuko nyuma y’ibikorwa bya gisilikare.

Austin ubwo yasubizaga ibibazo by’Abasenateri kuwa kabiri ushize, yavuze ko icyo ashyize imbere ari urugamba ku cyorezo cya virusi ya corona. Kandi abayobozi mu ngabo z’Amerika, bavuze kuri uyu wa gatanu ko, agomba guhabwa amakuru mashya mu bijyanye n’ibirimo gukorwa, nyuma yo kurahirira imirimo.

Austin, nkuko VOA ibitangaza, ashobora no kuzahangana n’impungenge zihutirwa harimo izijyanye n’ubushotoranyi bw’Ubushinwa na Irani, hamwe no gushaka icyerekezo ku birebana n’ibice birimo ubushyamirane nko muri Afghanistani no muri Iraki, aho uwahoze ari Perezida w’Amerika, Donald Trump aherutse gukura abasilikare. Austin ku kwemezwa kuri uyu wa gatanu, abaye umuntu wa kabiri mu itsinda rishya ry’umutekano w’Amerika, wemejwe na Sena.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga