• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi-Kayenzi: Umugabo arakekwaho kwica umugore we agahita atoroka

Umwanditsi
February 4, 2021

Mu ijoro ryacyeye rya tariki 04 Gashyantare 2021, ahagana ku i saa munani mu Mudugudu wa Nyabubare, Akagari ka Kayonza, Umurenge wa Kayenzi, Umugabo yatashye mu rugo akinguza, umugore we aje kumugingurira amusanganiza isuka ya Majagu yamukubise ahita apfa.

Uwayezu Servile, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Kayenzi, yahamirije intyoza.com ko amakuru y’ubu bwicanyi ari impamo. Ko umugabo witwa Ntigurirwa Daniel w’imyaka 42 y’amavuko yakubise isuka ya Majagu umugore we witwa Uwimana Florence wari ubyutse aje kumukingurira ubwo yatahaga nijoro.

Yagize ati” Hari saa Munani z’ijoro, umugabo ngo yari yagiye aho atahukiye arakomanga, umugore abyuka agiye kumukingurira bisanzwe, noneho agikingura undi amukubita majagu. Akana kaho gakuru kumva umuntu aranishye, karabyuka gasanga ni Nyina bakubise, kavuza induru, Ise nako arakirukankana ashaka kukica kuko nyine kari kabivuze, ariko birangira kamucitse”.

Kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga, uyu mugabo aracyashakishwa kuko ubwo yamaraga kwica umugore we akana kagatabaza yahise atoroka. Umurambo wa Nyakwigendera wo uracyari mu rugo aho hateganijwe ko ajyanwa kwa muganga gupimwa.

Amakuru atangwa na Uwayezu Servile, avuga ko mu busanzwe uyu mugabo n’umugore babanaga mu makimbirane, ariko kandi ngo uyu mugabo yari igihazi( umuntu udashobotse), aho ngo yari anamaze igihe afunguwe kubera yaziraga Inka ya Girinka yariye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga