• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Bwa mbere mu mateka Kiriziya Gatolika yagennye umugore kuba muri Sinodi y’Abepiskopi

Umwanditsi
February 7, 2021

Ku nshuro ya mbere mu mateka ya Kiliziya Gatolika, Papa yagennye umugore nk’icyegera cy’umunyamabanga w’inama nkuru y’Abeposkopi.

Umubikira Nathalie Becquart, uturuka mu Bufaransa, azaba afite uburenganzira bwo gutora muri iyo nama, isanzwe ihanura/igira inama Papa kandi ikaganira ku bibazo bimwe na bimwe by’ingenzi muri Kiliziya Gatolika.

Umubikira Becquart yari asanzwe akorana n’iyi sinodi y’Abepiskopi (inama nkuru y’abasenyeri yiga ibibazo nkoramutima bya Kiliziya Gatolika) kuva mu 2019 nk’umujyanama.

Umunyamabanga mukuru w’iyi nama nkuru, Kardinali Mario Grech avuga ko iri genwa ryerekana ko “umuryango wuguruye”.

Avuga ko iyi ngingo yerekana ko Papa yifuza ko “abagore bagira uruhare runini mu gufata ibyemezo muri Kiliziya”.

Umunyamakuru wa BBC John McManus, avuga ko iyi ngingo iterekana ko abagore bashobora Kugenwa ku mwanya w’ubusaserdoti, n’aho bamwe mu badashima iyi ngingo babona ko ariho ibintu bishya bishyira.

Luis Marín de San Martín, umupadiri wo muri Esipanye, nawe yagenywe kuba icyegera cy’umunyamabanga w’iyi nama.

Muri ino myaka ishize, Sinodi y’Abepiskopi yaganiriye ku bibazo nkoramutima bijyanye n’ukwemera kwa Kiliziya, harimo ikibazo cy’uburyo bakwiye gufata Abakatolika bubatse n’abapfakaye.

Iyi ngingo ije haciye igihe kidashyika ku kwezi Papa Francis ahinduye itegeko rya Kiliziya kugira ngo yemerere abagore gusangiza no kuyobora gahunda zo kuri Aritari, n’aho iri tegeko rishimangira ko ibanga ry’ubusaserdoti rikomeza kuba iry’abagabo gusa.

Hagati aho, BBC ikomeza itangaza ko mu mwaka ushize, Papa yagennye abagore batandatu mu nama nkuru ishinzwe gukurikirana ikigega cya Vaticani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga