• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
05/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Umukecuru witegura isabukuru w’imyaka 117 yarokotse Covid-19

Umwanditsi
February 10, 2021

Umubikira w’umufaransa, umunyabulayi ushaje kuruta abandi bose kuri uwo mugabane, yarokotse Covid-19, mu gihe hasigaye imisi mike ngo yizihize isabukuru y’imyaka 117 amaze avutse.

Lucile Randon, yiswe izina ry’ikibikira rya Mama Andre mu 1944, yamenyekanye ko yanduye coronavirus ku wa 16 z’ukwa mbere 2021 ariko nta bimenyetso na bimwe yagaragaje. Yabwiye ibinyamakuru byo muri icyo gihugu ko atazi uko yanduye iki cyorezo. Ubu bigaragara ko yakize neza kuko yitaweho nkuko BBC ibitangaza.

Mama Andre, ubu kubera gukecura cyangwa se izabukuru ntabwo abona kandi agendera mu igare ry’abamugaye. Arimo kwitegura kwizihiza isabukuru y’amavuko ye kuri uyu wa Kane Tariki 11 Gashyantare 2021, aho azayizihiza ari kumwe n’umubare muke cyane w’abantu ugereranije nuko byakorwaga mbere.

Umuvugizi w’ikigo cy’abageze muzabukuru cya Sainte Catherine Labouré, David Tavella, avuga ati: “Yagize amahirwe menshi”.

Yabwiye ikinyamakuru Var Matin ati: “Ntiyambajije ibijyanye n’ubuzima bwe, ahubwo yambajije ibijyanye n’imibereho ye. Nk’urugero; yifuje kumenya nimba amasaha yo gufungura no kuryama bigiye guhinduka”.

Ati “Ntiyigeze yerekana ko atinya iyi ndwara. Ahubwo yari afitiye impungenge abandi basanzwe babana muri icyo kigo”.

Mama Andre yavutse ku wa 11 z’ukwa kabiri mu 1904.

Mama Andre, azwi ko ari we muntu wa mbere ushaje ku mugabane w’u Burayi, azwi kandi nk’umuntu wa kabiri ushaje kw’isi yose, nk’uko biri ku rutonde rw’ikigo Gerontology Research Group’s (GRG) gisanzwe gikora ubushakashatsi bwo kugaragaza abantu bashaje kw’isi.

Abajijwe n’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa BFM niba yari afite ubwoba bwo kuba yaranduye Covid, Mama Andre yasubije ati: “Oya, nta bwoba nari mfite, kubera ntatinya gupfa. Ndanezerewe kuba ndi kumwe na mwe, ariko nifuza ko mba ndi ahandi hantu, kumwe na mukuru wanjye, sogokuru wanjye na nyogokuru wanjye”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga