• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Kamonyi-Nyamiyaga: Umugabo wakubise umugore agahungira ku kagari n’abana, yafashwe

Umwanditsi
February 12, 2021

Dusingizimana Albert, umugabo wakubise akanamenesha umugore n’abana, bakazinduka bahungira ku kagari ka Bibungo ho mu Murenge wa Nyamiyaga, yatawe muri yombi n’inzego z’ibanze ashyikirizwa urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB. Ni nyuma y’uko yari yahise ahunga urugo rwe. Umugore yari yamaze guhungira iwabo yatumweho intumwa ngo agaruke murwe bityo n’umwana abashe gukomeza kwiga.

Amakuru y’ifatwa rya Dusingizimana yemejwe na Gitifu w’Akagari ka Bibungo, aho avuga ko bamusanze mu murima ahinga. Ati “ Bwacyeye mu gitondo abona abantu ntabwo bakirimo kumushaka araza arakingura ajya iwe, afata isuka ajya guhinga”.

Akomeza avuga ko akimenya ko ariyo yagiye amusanga mu murima, aramuganiriza ndetse ahamagara abaturage amubwira ko bagiye kuganira ku bibazo bye n’umuryango, ariko byari amayeri yo kugira ngo adacika kuko mu kumuganiriza yahamagaje DASSO n’Inkeragutabara bagahita bamufata, aho bamushyikirije RIB ikorera mu Murenge wa Mugina ari nayo ishinzwe Nyamiyaga.

Umugore w’uyu mugabo, nyuma yo gukubitwa agahunga urugo we n’abana batatu harimo uw’umunyeshuri, aho bwacyeye bajya kwiyambaza ubuyobozi bw’Akagari ka Bibungo, amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’aka kagari ni uko yari yahunganye n’abana iwabo I Mbuye ho mu karere ka Ruhango, ariko ngo hoherejwe intumwa yo kumubwira ngo agaruke mu rugo kugira ngo n’umwana abashe gukomeza kwiga.

Soma hano inkuru bijyanye;Kamonyi: Abana na Nyina bazindukiye ku kagari nyuma yo gukubitwa bakaburabuzwa n’umugabo
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Fulgencie says:
    February 12, 2021 at 12:44 pm

    Mbega ibintu bibabaje! Ubu se Koko abo bana bazakura bafite umutima umeze gute?

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga