• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Russia: Nyuma y’imyaka isaga 200, abasirikare bishwe kubwa Napoleon Bonaparte bashyinguwe

Umwanditsi
February 13, 2021

Imirambo y’abasirikare b’Abafaransa n’Abarusiya bapfuye ubwo uwari umusirikare n’umutegetsi w’Ubufaransa Napoléon Bonaparte yasubiraga inyuma avuye i Moscou (Moscow) mu 1812, yashyinguwe mu burengerazuba bw’Uburusiya.

Hamwe n’iyo mirambo y’abasirikare 120, hanashyinguwe imirambo y’abagore batatu n’iy’abahungu batatu. Ibisigazwa by’imirambo yabo byatahuwe mu myaka ibiri ishize n’itsinda ry’inzobere mu bisigaramatongo z’Abafaransa n’Abarusiya.

Gutsindwa uruhenu kwa Napoléon Bonaparte i Moscou mu mwaka wa 1812, kwabaye iherezo ry’igitero cy’ingabo ze ku Burusiya, cyari muri gahunda ye yo kwigarurira ibice bitandukanye by’Uburayi.

Ingabo ze nyinshi zari zabanje gukataza byihuse mu Burusiya, zifata Moscou, ariko ntizayigumana mu buryo buhamye. Yasubiye inyuma, ingabo ze zizahazwa n’ubukonje, inzara, ndetse n’ibitero-shuma (guerilla) by’ingabo z’Uburusiya.

Ibyo bisigazwa by’imirambo y’abo basirikare nkuko BBC ibitangaza, byashyinguwe hari ubukonje nk’ubwo mu byuma bikonjesha, mu kigo cy’abihayimana cyo mu mujyi wa Vyazma.

Byibazwa ko bose bishwe mu gihe cy’urugamba rw’i Vyazma, rwarwanywe mu ntangiriro yo gusubira inyuma kwa Napoléon.

Byibazwa ko imirambo itatu y’abagore nayo yashyinguwe ari iy’abagore bahaga abasirikare ibiryo n’ubutabazi bw’ibanze, mu gihe imirambo y’abahungu batatu bashyinguwe byibazwa ko bo bavuzaga ingoma.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga