• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Igisirikare cyarashe mu bigaragambya bamagana ihirikwa ry’ubutegetsi muri Myanmar

Umwanditsi
February 15, 2021

Abashinzwe umutekano mu gihugu cya Myanmar barashe abanyagihugu bari mu myugaragambyo kuri iki cyumweru tariki 14 Gashyantare 2021, mu gihe iyo myigaragambyo yamagana ubutegetsi bw’igisirikare bwahiritse ubuyobozi bwatowe n’abaturage. Ni imyigaragambyo yinjiye mu cyumweru cya 2. Imibare y’abahasize ubuzima ntiramemyeka, Leta nayo yahisemo kuruca irarumira.

Abasirikare bari boherejwe ahari urugomero rw’ingufu z’amashanyarazi, aharimo habera imyigaragambyo, muri leta ya Kachin, kuri iki cyumweru. Amashusho ya videwo yahererekanijwe yerekanye abasirikare barimo bararasa mu banyagihugu kugira ngo babatatanye. Ariko ntabwo byamenyekanye niba ayo masasu yari ayica cyangwa atica.

Iyi myigaragambyo irakomeza mu gihe agatsiko k’abasirikare bafashe ubutegetsi gakomeza gukaza amategeko y’igihugu nyuma y’icyumweru gahiritse ubutegetsi bwa Aung San Suu Kyi.

Muri iyi myigaragambyo y’abanyagihugu nkuko VOA ibitangaza, abakozi ba leta nabo barahagaritse imirimo. Ako gatsiko ka gisirikare kabategetse gusubira ku mirimo kabateguza ko bishobora kubagiraho ingaruka.

Ihagarikwa rya Suu Kyi rirangira kuri uyu wa mbere, ariko umukuru w’abasirikare bafashe ubutegetsi, Min Aung Hlaing, ntiyavuze ikizahita gikurikira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Fulgencie says:
    February 15, 2021 at 4:25 pm

    Ubwicanyi kuri iyi si ko ndeba bukabije?

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga