• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Umujyojyo investment Group PLC watangije iguriro ry’ibiryo by’amatungo ritanga ikinyuranyo

Umwanditsi
February 15, 2021

Iguriro ry’ibiryo by’amatungo ryatangijwe n’abibumbiye mu Umujyojyo investment Group PLC, ni uruhererekane rw’imishinga myinshi iri gushyirwa mu bikorwa n’urubyiruko rukora ibyo rwize, rutinyura benshi gushora imari ahunguka kandi mu buryo burambye. Itandukaniro ry’iri guriro rishingiye ku buhanga bwabakora ibyo bazi kandi bigiye, aho ibi biryo nabo babigaburira amatungo boroye. Baje gutinyura abagiraga ubwoba mu gushora imari mu buhinzi n’ubworozi.

Murwanashyaka Evariste, umuyobozi mukuru wa Umujyojyo investment Group PLC yabwiye intyoza.com ko iguriro ry’ibiryo by’amatungo batangije rije gukora ikinyuranyo n’andi asanzwe, kuko bikorwa n’ababyigiye, babifitemo ubumenyi n’ubuhanga, aho nabo ubwabo inkono bakoramo bagaburira abandi ari nayo irimo ibiryo by’amatungo yabo.

Ati “ Mbere na mbere twatangije ubucuruzi bw’ibiryo by’amatungo kugira ngo ingurube zacu tujye tuzigaburira ku biryo byacu ariko tunagurisheho abaturage. Aho bitandukaniye n’andi maguriro ni uko niba ari iguriro ry’abantu babyize, niba umuntu wenda ari ibiryo bafata bakavanga rimwe narimwe ugasanga bitakozwe mu buryo bukwiye/bwiza(Quality), bakagurisha ubwinshi( quantity) ariko nta quality, twebwe nk’abantu babyize tuzajya dupima dukurikije ibipimo bikwiye. Twizeye ko tuzanye ibiryo bifite ubuziranenge kuko turazi neza ko ushobora kugaburira amatungo ibiryo byinshi ariko nta kintu nkenerwa kirimo( ubwinshi butarimo umumaro)”.

Mu “Umujyojyo” ntabwo bakugurisha ibiryo by’amatungo ngo utahe gutyo gusa, baguha n’inama zigufasha gukora ubworozi bwunguka.

Akomeza avuga ko usanga henshi batita ku bikenewe ku matungo, bakayaha ubwisnhi bw’ibyo arya ariko butagize icyo buyamariye, ari naho ngo usanga kenshi atava aho ari, arwaragurika kuko ibyakayafashije by’ingenzi mu ivangwa ry’ibyo arya bidakorwa uko bikwiye.

Murwanashyaka, avuga ko irindi tandukaniro ry’iri guriro rishingiye ku kuba uzajya arihahiramo azajya anahabwa inama ku buntu z’uko agaburira amatungo ye nuko akwiye kuyitaho kugira ngo arusheho kumuha umusaruro ushimishije, ni binaba ngombwa bamuherekeze barebe uko agabura kandi yita ku matungo ye.

Ibiryo by’amatungo biboneka muri iri guriro riherereye mu Murenge wa Runda, ahazwi nka Bishenyi ho mu karere ka Kamonyi, birimo ibiryo by’Ingurube, Inkoko ndetse n’Inkwavu. Mu cyumweru gitaha ngo harazanwa ibindi biryo by’andi matungo yose ndetse n’imiti ku buryo umworozi afashwa mu nzira y’ubworozi yiyemeje kandi bumuha umusaruro aho kumuhombya kandi yarashoye agamije kunguka.

Umujyojyo investment Group PLC, ni Sosiyete y’Ishoramari y’Urubyiruko rwize Ubuhinzi, Ubworozi, Ibidukikije n’andi mashami bifitanye isano. Yavutse nyuma y’inama n’impanuro z’umukuru w’Igihugu, Paul Kagame washishikarije urubyiruko kugira uruhare mu ishoramari. Nk’ababyize kandi babifitemo ubumenyi n’ubushobozi, bavuga ko bifuje gutanga umusanzu wabo mubyo benshi batinya byo gushora imari mu buhizi n’ubworozi, aho baba bafite ubwoba ko bazahomba. Bavuga ko baje kumara ubwoba abafite muribo gushora imari ariko kandi bakanabaherekeza mu rugendo biyemeje.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Simeon NZACAHINYERETSE says:
    February 15, 2021 at 1:13 pm

    UMUJYOJYO UTUGERE KU NGINGO RWOSE
    AMATUNGO YACU AGIYE GUSHISHA

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga