• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Abanyeshuri amagana n’abarimu muri Nijeriya bashimuswe, umwe muri bo aricwa

Umwanditsi
February 18, 2021

Muri Nijeriya, abantu bitwaje intwaro bateye ishuli ryisumbuye muri leta ya Niger, mu burengerazuba bwo hagati bw’igihugu, bashimuta abanyeshuli amagana n’abalimu babo, umwe mu banyeshuri yishwe arashwe.

Nk’uko umuvugizi wa Leta ya Niger yabitangaje, igitero cyabaye mu ma saa munani y’ijoro mu ishuli rya leta ryigisha siyansi mu karere kitwa Kagara. Abateye bari benshi kandi bambaye imyenda ya gisilikali, bafite n’intwaro ziremereye. Umunyeshuli umwe bamurashe arapfa.

Ishuli ryisumbuye rya Kagara ryigamo abanyeshuli bagera ku gihumbi, ariko umubare nyakuli w’abashimuswe nturamenyekana neza. Inzego z’umutekano zivuga ko zizeye ko ababashije guhunga baza kugaruka kugirango ibarura rishobore gukorwa neza. Igisilikali, gikoresheje n’indege, cyatangiye gushakisha abazimiye n’abashimuswe bajyanywe mu mashyamba.

Ntibaramenya abashimuse abanyeshuli b’i Kagara. Si ubwa mbere gushimuta abanyeshuli amagana mu mashuli yisumbuye bibaye muri Nijeriya. Hashize amezi abili abandi banyeshuli 344 i Kankara, muri leta ya Katsina, yegeranye na leta ya Niger. Boko Haram yatangaje ko ari yo yari yabatwaye. Nyuma y’imishyikirano na leta, barekuwe hashize icyumeru.

Muribuka kandi abanyeshuli b’abakobwa 276 bashimuswe na none na Boko Haram mu ishuli ryisumbuye rya Chibok, muri leta ya Borno iri mu burasirazuba bw’amajyaruguru y’igihugu cya Nijeriya, mu 2014. Abagera ku ijana muri aba bakobwa ba Chibok nkuko VOA ibitangaza na n’ubu ntibaraboneka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga