• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
30/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
30/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
30/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi

Kamonyi-Musambira: Ikamyo igonze umu Motari, Gitifu atabaye mbere ya Ambilansi, shoferi..?

Umwanditsi
February 19, 2021

Ahagana ku i saa moya z’umugoroba w’uyu wa 19 Gashyantare 2021, ikamyo ya rukururana igonze umu motari, ukirenga urugabano rw’Umurenge wa Gacurabwenge winjira Musambira, urenze gato agasoko k’ahitwa Mushimba cyangwa se ahakunda kwitwa ku Bakoreya.

Ikamyo ifite ibiyiranga nomero RL 0805 kucyo ikurura inyuma naho imbere ifite RAB 387Q, yerekezaga Kigali iva mu cyerekezo cya Muhanga, igonze imu Motari wari kuri Moto ifite ibiyiranga RF 900J, arakomereka cyane.

Umumotari wagonzwe nkuko umwe mubo mu muryango we yabibwiye intyoza.com imusanze ku kigo nderabuzima cya Musambira aho yahise ajyanwa, yitwa Niyitanga Felix akaba atuye mu Murenge wa Nyamiyaga ho muri Kidahwe.

Umutandiboyi w’iyi Kamyo, yabwiye intyoza.com ko atazi amazina ya Shoferi we, ko gusa icyo azi ari uko bamwita Muhamedi. Avuga ko nawe kutamenya uyu shoferi wagonze agahita acika ari uko amaze iminsi ibiri gusa kuri iyi Kamyo, aho avuga ko yayijeho nk’umukanishi.

Mu gihe iyi mpanuka yabaga, umwe mu baturiye iruhande rw’aho yabereye watabaye mu bambere, yabwiye umunyamakuru ko iyi kamyo yirukaga cyane, ko uburyo yabonye motari yakomeretsemo bukomeye kuko ngo mu mutwe ndetse n’akaboko hashegeshwe.

Ubwo bahamagaraga Ambilansi( Imbangukiragitabara), aho haje ifite ibiyiranga GR 178 E yatinze kuhagera, iza imodoka ya Gitifu w’Umurenge wa Musambira imaze gutsimburana uyu mu motari yerekeza ku kigo nderabuzima cya Musambira, ari naho imbangukiragutabara yahise ibakurikira, ikamuhakura i saa moya n’igice imwerekeza ku bitaro bya Remera Rukoma guhabwa ubufasha bwisumbuye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Fulgencie says:
    February 19, 2021 at 9:58 pm

    Accidents ntizari ziherutse

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5899 Posts

Politiki

4150 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1024 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga