• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
25/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Ingurube yabaye igitambo ku muryango wararanaga n’Amatungo, harokoka Ihene
25/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
25/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”
25/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF

Kamonyi-Rugalika: Umugabo yapfuye by’amayobera nyuma yo gutema mu bitugu mugenzi we n’umupanga

Umwanditsi
February 24, 2021

Ubuyobozi bw’umurenge wa Rugalika buvuga ko bwagowe no kumenya uburyo umugabo yatemye undi n’umupanga, hagapfa uwatemye naho uwatemwe akaba yajyanywe kwa muganga. Ni nyuma y’imirwano bivugwa ko yabaye ahagana ku i saa mbiri z’ijoro kuri uyu wa 23 Gashyantare 2021 mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rugalika ho mu karere ka Kamonyi.

Umugiraneza Martha, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugalika yabwiye intyoza.com ko iby’uru rupfu ari amayobera. Ati“ Ubundi barwanaga ariko nyine haje gupfa utatemwe, niyo mpamvu byatugoye cyane kumenya ibyo aribyo n’ubu nta kintu turabasha kumenya mu buryo bufatika”.

Gitifu Umugiraneza, avuga ko aba bagabo ngo batangiye barwanira ahitwa muri Nzagwe, ariko uwapfuye akaza kugwa mu Mudugudu wa Remera hose ho mu kagari ka Nyarubuye. Avuga ko ku makuru bahawe n’abaturage ari uko muri uku kurwana ngo uyu Onesphore yaje gukubita umuhoro Tuyishimire mu bitugu, waje kujyanwa kwa muganga, mu gihe undi yaguye kugasozi.

Akomeza avuga ko mu gutabara, hihutiwe kujyanwa kwa muganga uwo byagaragaraga ko akeneye ubutabazi bwihuse kuko yari yatemwe, mu gihe undi ngo yabonekaga nk’ukomeye. Avuga Ko batazi ngo ni iki cyabaye, ko iperereza ryatangiye ngo babashe kumenya ukuri.

Avuga ko ahantu barwaniye ari ahantu mugakombe, ko hatabaye abaturage benshi ariko bagasanga uyu Onesphore yamaze gutemwa, bahita bamufata ngo bamujyane kwa muganga, banasaba uwari umaze kumutema kujya kumuvuza ariko ngo bageze mu nzira uyu watemye avuga ko yumva we ananiwe, aricara, araryama, araruka birangira atarenze aho yicaye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5940 Posts

Politiki

4189 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1047 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga