• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Abaturage batumye ikigo cy’Abatinganyi muri Ghana gishyirwaho ingufuri

Umwanditsi
February 25, 2021

Polisi ya Ghana yafunze ikigo gitanga amakuru ajyanye n’abatinganyi cyari giherutse gufungurwa mu murwa mukuru Accra, nyuma yuko rubanda icyamaganye.

Umuryango uharanira uburenganzira bw’abatinganyi muri Ghana watangaje kuri Twitter uti:”Ntabwo tugishobora kugera ku hantu hatekanye hacu kandi n’umutekano wacu urimo gushyirwa ku nkeke”.

Bakomeza bati”Turasaba imiryango yose iharanira uburenganzira bwa muntu, ndetse n’inshuti kwamagana ibi bitero n’ibyaha by’urwango turimo guhura nabyo”.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, irimo nk’ihuriro ry’imiryango iharanira imibonano mpuzabitsina iboneye kurushaho n’indangagaciro z’umuryango, hamwe n’inama nkuru y’abasenyeri gatolika muri Ghana, yari imaze igihe isaba leta gufunga icyo kigo.

Iki kigo cyari cyafunguwe bivuye mu gikorwa cyo gukusanya amafaranga (fundraising) cyitabiriwe na bamwe mu badipolomate b’ibihugu by’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) n’abo mu bindi bihugu by’amahanga.

Amafoto y’ifungurwa ry’icyo kigo yari yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, avugwaho mu buryo butandukanye.

Ghana nkuko BBC ibitangaza, ni kimwe mu bihugu 32 byo muri Afurika bigifite amategeko ahana abatinganyi, nkuko bikubiye muri raporo ya vuba aha y’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’abatiganyi n’abafite imiterere y’igitsina itamenyerewe, rizwi nka ILGA, mu mpine y’Icyongereza.

Mu Burundi, amategeko ntiyemera gushyingira abahuje igitsina, kandi ateganya igifungo gishobora kugera ku myaka ibiri ku bakora ubutinganyi. Mu Rwanda ntabwo amategeko ahana ubutinganyi ariko ntabwo anemera gushyingira ab’igitsina kimwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga